Umurenge wa Kageyo: Umushinga GiveDirectly ugiye kuvana abaturage mu bukene.
Uyu mushinga watangirijwe mu murenge wa Kageyo kuri uyu wa 28/03/2022.
Umuyobozi wawo Gisonga Victor awusobanura yavuze ko umurenge wa Kageyo ugomba kuba uwa mbere mu mihigo by' umwihariko imihigo y'ingo kuko abaturage bawo bagiye kuva mu bukene bidatinze.

Yavuze ko umushinga uzanye ubushobozi bwose ngo umuturage ave mu bukene, ashobore kwishyura ubwisungane mu kwivuza bitamugoye, ateganyirize Ejo Heza, yorore, ahinge kijyambere asezere ku bukene.
Yavuze ko umushinga ukubiyemo ubutumwa bwa Nyakubahwa Perezida wa Repubulika bwo kwiteza imbere. Yasabye abagenerwabikorwa kuzatanga amakuru nyayo kugirango iterambere bifuza ribagereho. Buri rugo ruzahabwa 821,000 frws akazanyuzwa kuri mobile money mu byiciro 2.
Umuturage udafite telefoni azayihabwa ikiguzi cyayo (12,000frws) gikatwe ku cyiciro cya 2.
Inkunga izagera ku ngo ku kigero cya 99% hadashingiwe ku byiciro by'ubudehe.


Abagenerwabikorwa basabwe kuzakoresha neza iyi nkunga birinda amakimbirane aho yaturuka hose. Imiterere y'uyu mushinga yabanje gusobanurirwa abayobozi b''inzego z'ibanze mu murenge mbere y'uko ibyiza byawo bigezwa ku baturage.
Umushinga watangijwe ku mugaragaro hari umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'imibereho myiza y'abaturage, inzego z'umutekano n'umuyobozi w'ishami ry'imibereho myiza y'abaturage.
Umuyobozi w'Akarere wungirije yasabye abayobozi kuzaba hafi abaturage inkunga bagiye guhabwa ikazavamo umusaruro utegerejwe.
Give Directly ni umuryango mpuzamahanga ukomoka muri Leta Zunze Ubukwe za Amerika mu Rwanda uhamaze imyaka 5
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…