Ngororero: Ibibazi bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage bikomeje gushakirwa ibisubuizo
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama y'abagize itsinda ryashyiriweho gukurikirana ikemurwa ry'ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage.
Intego z’iyo nama zari:
- Gusuzuma aho Akarere kageze mu gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage hakurikijwe Imihigo ya 2025/2026,
- Gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’ubukangurambaga bw’isuku n’isukura hibandwa ku igenzura ry’isuku n’akamaro karyo,
- Kugaragaza icyuho n’imbogamizi zikigaragara mu isuku n'isukura,
Kumvikana ku ngamba zafasha mu gukemura ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage mu buryo bwihuse kandi bunoze.,
Inama yageze ku myanzuro n’ingamba zikurikira:
- Kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’Imihigo ijyanye na HSI kugira ngo intego zose ziteganyijwe muri uyu mwaka w’ingengo y’imari zigerweho,
- Kongera gukurikirana imikorere y’amatsinda ya HSI ku rwego rw’imirenge n’utugari no gutanga ubufasha buhoraho ku mbogamizi zigaragaye,
- Gushimangira igenzura ry’isuku ahantu hahurira abantu benshi hibandwa ku kwandika no gutanga raporo hifashishijwe urubuga rw’ikoranabuhanga rw’igenzura ry’isuku,
- Imirenge yose igomba gusuzuma no gutanga raporo ku isesengura rishya rya HSI bitarenze ku wa 27 Gashyantare 2026,
- Inzu zose zubatswe cyangwa zasanywe zigomba kuba zikomeye, zihangana n’ibiza kandi zujuje ubuziranenge busabwa,
- Kongera imbaraga mu bikorwa byo kurwanya igwingira ry’abana ,
- Abanyeshuri bose bataye ishuri bagomba gusubizwa mu mashuri mbere y’itangira ry’ibizamini y'igihembwe cya kabiri,
- Inkunga yatanzwe na PSF izakoreshwa mu kugura amabati yo kubaka no gusana inzu
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…