Ngororero: abanyamuryango ba PSF bihaye ukwezi bakaba barangije kwishyura imisanzu.
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye ibitekerezo ku mikorere n'imikoranire na PSF.
Herekanywe ishusho igaragaza uburyo amasezerano hagati y'Akarere na PSF ashyirwa mu bikorwa, imitangire ya serivisi, kwimakaza isuku ahahurira abantu benshi (amacumbi, ahafatirwa amafunguro,...),
ikusanywa ry'umusanzu mu banyamuryango ba PSF,
kubarura abikorera, imishinga migari ya PSF,...
Muri iyi nama kandi ishami rya BDE ryerekanye icyegeranyo kijyanye n'imikorere y'umurimo unoze,
amahirwe aboneka mu Karere yashorwamo imari:
- Ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro,
- Ubworozi butanga umukamo ushimishije,
- Site z'ubukerarugendo,
- Imigezi yabyara ingufu z'amashanyarazi...,
Ingingo yo kurwanya inzoga zitujuje ubuziranenge yahawe umwanya uhagije. Umuyobozi wa Police mu Karere yagaragaje uburemere bw'iki kibazo maze abitabiriye inama biyemeza gutahiriza umugozi umwe iki kibazo kikabona umuti wa burundu.
Inama yitabiriwe kandi na Perezida wa PSF mu Karere Bwana Kanyambo Ibrahim, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'Imirenge, abayobozi b'Inzego z'Umutekano zikorera mu Karere, abahagarariye PSF mu mirenge, abikorera batandukanye
Mu Karere ka Ngororero hizihijwe umunsi wahariwe ingo mbonezamikurire (ECD DAY) no kurwanya igwingira. Igikorwa cyabereye mu murenge wa Kabaya.…
Uyu munsi mu murenge wa Kavumu habaye igikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro umushinga wa CACCE ugamije gufasha abaturage guhangana n’imihindagurikire…
Abakozi b'Akarere ka Ngororero bari kumwe na Komite Nyobozi y'Akarere n'abayobozi b'inzego z'umutekano bizihije ibirori by'Umunsi Mpuzamahanga…
Mu ma Paroisse Gatolika yo mu Karere ka Ngororero habereye ibirori byo gusoza icyumweru cyahariwe uburezi Gatolika ku nsanganyamatsiko igira iti:…
Kuri uyu wa gatandatu tariki 2/05/2026 mu Karere ka Ngororero habereye inama igamije gushimangira ikurikiranwa n’ingamba zo kurwanya indwara ya…
Ihuriro ry’Imiryango Iharanira Uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda
(CLADHO: Collectif des Ligues et Associations de Défense des Droits de l’Homme au…
Itsinda ryaturutse muri Tony Blair Institute ryaje mu Karere ka Ngororero aho ryaje gukora ubushakashatsi ku bijyanye n'imikorere y'inzego .z'ibanze…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukurikirana…