Ngororero: abanyamuryango ba PSF bihaye ukwezi bakaba barangije kwishyura imisanzu.
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye ibitekerezo ku mikorere n'imikoranire na PSF.
Herekanywe ishusho igaragaza uburyo amasezerano hagati y'Akarere na PSF ashyirwa mu bikorwa, imitangire ya serivisi, kwimakaza isuku ahahurira abantu benshi (amacumbi, ahafatirwa amafunguro,...),
ikusanywa ry'umusanzu mu banyamuryango ba PSF,
kubarura abikorera, imishinga migari ya PSF,...
Muri iyi nama kandi ishami rya BDE ryerekanye icyegeranyo kijyanye n'imikorere y'umurimo unoze,
amahirwe aboneka mu Karere yashorwamo imari:
- Ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro,
- Ubworozi butanga umukamo ushimishije,
- Site z'ubukerarugendo,
- Imigezi yabyara ingufu z'amashanyarazi...,
Ingingo yo kurwanya inzoga zitujuje ubuziranenge yahawe umwanya uhagije. Umuyobozi wa Police mu Karere yagaragaje uburemere bw'iki kibazo maze abitabiriye inama biyemeza gutahiriza umugozi umwe iki kibazo kikabona umuti wa burundu.
Inama yitabiriwe kandi na Perezida wa PSF mu Karere Bwana Kanyambo Ibrahim, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'Imirenge, abayobozi b'Inzego z'Umutekano zikorera mu Karere, abahagarariye PSF mu mirenge, abikorera batandukanye
Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…
Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…
Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…
Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…
Habaye inama ya komite mpuzabikorwa y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…
Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…
Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…
Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…
Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero hasojwe imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.
Ibyaranze igikorwa:
-…