Ngororero: umusaruro wavuye mu misoro n'amahoro wariyongereye

Byagaragaye mu cyegeranyo cyakozwe n'ikigo cy'Igihugu gishinzwe imisoro n'amahoro kuri uyu wa 4/06/2024 cyatanzwe mu nama ngishwanama ku misoro n'amahoro.

Inama yayobowe n'umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu Bwana Uwihoreye Patrick  isuzuma aho gukusanya imisoro n'amahoro bigeze mu mwaka wa 2023/2024; imbogamizi ziri mu mikusanyirize y'imisoro n'amahoro n'uburyo zabonerwa ibisubizo. Muri iyi nama hanafashwe ingamba ku mikusanyirize y'imisoro n'amahoro .
Mu mbogamizi zagaragaye harimo ko amahoro y'ubwikorezi yagabanutse kubera imihanda yangijwe n'imvura nyinshi; abantu bafite amazu akodeshwa ariko batishyura umusoro ku nyungu z'ubukode,...

Mu ngamba zafashwe harimo ko itsinda ry'Akarere, Ngali, PSF na RRA bakurikirana centres zose z'ubucuruzi harebwa abatarishyuye ibirarane bakishyura, EBM ikagera kuri bose, abaguzi bakaka inyemezabwishyu ya RBM, kugenzura abatishyura umusoro ku mutungo utimukanwa,....
Akarere ka NGORORERO gafite umuhigo wo gukusanya imisoro n'amahoro agera kuri  869, 775,964 frws; hamaze gukusanywa 831,775,964 angana na 95%.
Ugereranije n'umwaka wa 2022/2023 habayeho inyongera ingana na108,932,136.
Inama yitabiriwe kandi n'abakozi ba RRA, aba NGALI, umunyamabanga nshingwabikorwa w'Akarere , abanyamabanga nshingwabikorwa b'imirenge n'ababaruramali b'imirenge.


Ngororero: abanyamuryango ba koperative GERAYO AMAHORO bibukijwe gukomeza kurwanya ruswa no kuba abanyamuryango ba Ejo Heza


Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…

Read more →

Umurenge wa Muhororo: agashya "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU GIHE" kabavanye mu bukene

Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…

Read more →

Ngororero: Nyuma y'umuganda rusange hamaganywe inzoga zitujuje ubuziranenge


Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose. 
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…

Read more →

Umurenge wa Nyange: CLADHO yasuye WASH and Nutrition Club yo muri GS Nyange

Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…

Read more →

Ngororero: Abana bataye ishuli bagomba kurigarukamo bitarenze tariki 2/03/2026

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere  wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…

Read more →

Ngororero: MINEMA yatanze amahugurwa yerekeye butabazi bwihuse

Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…

Read more →

Ngororero: Inkomezabigwi zubatse igikoni cy'ishuli kijyanye n'igihe

Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…

Read more →

Ngororero: abanyamuryango ba PSF bihaye ukwezi bakaba barangije kwishyura imisanzu.

Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama  nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…

Read more →

Ngororero: Ibibazi bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage bikomeje gushakirwa ibisubuizo

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…

Read more →
-->