Umurenge wa Muhororo: agashya "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU GIHE" kabavanye mu bukene
Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU GIHE" ko mu Mudugudu wa Ruhanga, Akagari ka Bweramana, Umurenge wa Muhororo kahawe igihembo ku rwego rw'Igihugu. Abaturage bashyizeho iyi gahunda igamije kurwanya ubukene no guteza imbere kuzigama. Ifasha abaturage kwishyura ubwisungane mu kwivuza ku gihe, yorozanya amatungo mu ngo 82, isubiza abana mu ishuri, iteza imbere isuku aho 87% by’ingo zubatse ubwiherero, kandi igabanya amakimbirane.
Ni mu rwego rwa GAHUNDA YO GUTEZA IMBERE UMUCO WO GUHANGA IBISHYA BISUBIZA IBIBAZO BY’ABATURAGE;
mu rwego rwo kwimakaza umuco wo kwigira no kwishakamo ibisubizo.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu itegura amarushanwa buri mwaka y’abahanze udushya tugamije gukemura ibibazo bya benshi.
Udushya duhangwa tugira uruhare mu iterambere ry’imiyoborere myiza, ubukungu, n’imibereho myiza by’Abanyarwanda. Agashya gashobora guhangwa n’abaturage ubwabo cyangwa ubuyobozi.
Muri buri Ntara hahembwa udushya mu byiciro bitatu kandi buri kose gahembwa amafaranga n’icyemezo cy’ishimwe.
Iki gihembo gitangwa mu rwego rwo gushimira no gutera inkunga ibishya biba byahanzwe no gushishikariza abandi kugera ikirenge mu cy’abahanze utwo dushya kubera ko iyo mikorere ikwiye gukwira hose, abaturage bakikemurira ibibazo badategereje abava ahandi.
Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…
Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…
Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose.
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…