Ngororero: abamotari bibukijwe gukomeza kurwanya ruswa no kuba abanyamuryango ba Ejo Heza


Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against Corruption =APNAC- Rwanda ) bayobowe na Hon Uwizeye Marie Thérèse hari gukorwa ubukangurambaga mu rubyiruko rukorera muri Koperative Gerayo Amahoro Ngororero. Ubukangurambaga bwibanze ku kurwanya ruswa, gahunda ya Gerayo Amahoro, Ejo Heza no kurwanya inzoga zitujuje ubuziranenge.
Abamotari bakanguriwe kwitabira gahunda ya Ejo Heza no kubikangurira abandi, kubungabunga umutekano birinda impanuka, kurwanya ruswa, kurwanya inzoga zitujuje ubuziranenge,... Banasbanuriwe imikorere y'Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, nyuma bahabwa umwanya wo gutanga ibitekerezo,  ibyifuzo n'ibibazo. 
Igikorwa cyabereye kuri Ngororero stadium ahahuriye abamotari barenga 500 baturutse mu mirenge yose igize Akarere ka Ngororero. 
Igikorwa cyitabiriwe kandi n'Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe , Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick, ushinzwe ubukangurambaga muri gahunda yo Ejo Heza ku rwego rw'Iguhugu, Umuyobozi wa gahunda ya Ejo Heza ku rwego rw'Intara y'Iburengerazuba,  umuyumuyobozi wa Ejo Heza mu turere twa Ngororero na Nyabihu, abayobozi b'Inzego z'Umutekano zikorera mu Karere,  Umuyobozi wa Koperative Gerayo Amahoro Ngororero.
Muri uyu mwaka w'ingengo y'imari wa 2025/2026  mu Karere ka Ngororero  abanyamuryango ba Ejo Heza bamaze kwizigamira 
284,105,898 frws kuri 377,700,000 frws ateganijwe bingana na 75.2%.
Hamaze kwinjira abanyamuryango bashya  17,350 kuri18,398 bateganijwe bangana na 94%.
Gahunda ya Ejo Heza.


Ngororero: abamotari bibukijwe gukomeza kurwanya ruswa no kuba abanyamuryango ba Ejo Heza


Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…

Read more →

Umurenge wa Muhororo: agashya "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU GIHE" kabavanye mu bukene

Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…

Read more →

Ngororero: Nyuma y'umuganda rusange hamaganywe inzoga zitujuje ubuziranenge


Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose. 
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…

Read more →

Umurenge wa Nyange: CLADHO yasuye WASH and Nutrition Club yo muri GS Nyange

Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…

Read more →

Ngororero: Abana bataye ishuli bagomba kurigarukamo bitarenze tariki 2/03/2026

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere  wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…

Read more →

Ngororero: MINEMA yatanze amahugurwa yerekeye butabazi bwihuse

Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…

Read more →

Ngororero: Inkomezabigwi zubatse igikoni cy'ishuli kijyanye n'igihe

Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…

Read more →

Ngororero: abanyamuryango ba PSF bihaye ukwezi bakaba barangije kwishyura imisanzu.

Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama  nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…

Read more →

Ngororero: Ibibazi bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage bikomeje gushakirwa ibisubuizo

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…

Read more →
-->