Ngororero: Umunyamabanga nshingwabikorwa w'Intara yashimye aho imihigo igeze yeswa
Mu rwego rwo gusuzuma aho Imihigo 2021/2022 y'Akarere ka Ngororero igeze yeswa, Umunyamabanga nshingwabikorwa w'Intara y'Iburengerazuba Madame Uwambajemariya Florence n'itsinda ayoboye bari mu Karere ka Ngororero. Basuzumye kandi aho ingengo y'imali igeze ikoreshwa (budget execution) n'Itangwa ry'amasoko (procurement plan).
Umunyamabanga nshingwabikorwa w'Intara yashimiye Akarere uburyo imihigo igenda yeswa n'uburyo Action Plan yateguwe neza.
Habayeho kungurana ibitekerezo ku mihigo igomba kwihutishwa.
Muri uyu mwaka Akarere ka Ngororero gafite imihigo 86.


Nyuma bakomeje isuzuma ry'imihigo mu bagenerwabikorwa nyirizina. PES Uwambajemariya yasuye imihigo ijyanye no gukemura ibibazo bibangamiye imibereho y'abaturage iherereye mu mirenge ya Muhororo na Gatumba.
Abandi bari mu itsinda bagabanye indi mirenge igize Akarere.
Nyuma yo gusuzuma imihigo mu bagenerwabikorwa nyirizina PES n'itsinda ayoboye bagiranye inama na Komite Nyobozi y'Akarere, inzego z'umutekano, abanyamabanga nshingwabikorwa b'imirenge n'abatekinisiye baganira ku byavuye mw'isuzuma ryaba iryo muri files ryaba iryo kuri field.
Yongeye gushimira ubuyobozi bw'Akarere intambwe imaze guterwa mu kwesa imihigo anagaragaza ibigomba kwitabwaho kugirango imihigo irusheho kweswa neza.
Nyuma y'uko iri itsinda rishoje isuzuma ry'imihigo mu gihe cy'iminsi 2; Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe ari kumwe b'abamwungirije bombi yagiranye inama n'Abanyamabanga nshingwabikorwa b'imirenge n'abayobozi b'amashami ku Karere. Ybashimiye uburyo barwana ishyaka buri wese mu mwanya we mu kwesa imihigo baharanira imibereho myiza y'abaturage. Yabashishikarije guhoza umuturage kw'isonga nk'uko "tubitozwa na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika."Yabibukije gukomeza guhangana na Covid-19 bakangurira abaturage kwikingiza byuzuye.
Yabasabye gushyira imbaraga mu bwisungane mu kwivuza, Ejo heza, kurwanya uguta ishuli kw'abana n'izindi gahunda za Leta Leta zituma imiberehomyiza y'abaturage irushaho kuba myiza.
.





Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…