Ngororero: umugore wo mu cyaro yihagazeho
Kuri uyu wa 15/10/2024 umunsi mpuzamahanga w'umugore wo mu cyaro wizihirijwe mu mirenge yose ku nsanganyamatsiko igira iti: "ibidukikije ubuzima bwacu." Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Matyazo. Ibirori byabimburiwe no kwerekana ibikorwa binyuranye by'abagore byiganjemo ububoshyi n' ibikomoka ku buhinzi n'ubworozi.
Bugenimana Marie Chantal mu kwerekana ibyo yagezeho yagaragaje igitoki gipima kg 105 ahamya ko mu murenge wa Matyazo umugore wo mu cyaro yihagazeho ukurikije intambwe amaze gutera mu iterambere. Yagize ati amahirwe twahawe n'ubuyobozi bwiza bw'Igihugu cyacu twayasamiye hejuru ubu twaritinyutse twifitiye icyizere kuko dukorana n'ibigo by'imari, twaka inguzanyo tukishyura neza nta ba "bihemu" baturangwa mo. Yanavuze ku gashya kabafasha kwishyura ubwisungane mu kwivuza: "muri buri rugo hari insina yitwa "insina ya mutuelle" ifasha bene yo kwishyura ubwisungane mu kwivuza nta mbogamizi."




Avuga ku nsanganyamatsiko y'uyu munsi Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yashishikarije abagore kurondereza ibicanwa bakoresha amashyiga azigama ibicanwa nka "cana rumwe" na gaz. Meya Nkusi yanibukije abagore bagiseta ibirenge mu kwiteza imbere kudapfusha ubusa amahirwe bahawe n'ubuyobozi bwiza bw'igihugu cyacu ahubwo bakayabyaza umusaruro biteza imbere bakanakorana n'ibigo by'imari.
Umuyobozi w'inkeragutabara yagarutse ku mutekano asaba abagore kuwugira nyambere muri byose birinda amakimbirane mu ngo zabo.
Umushyitsi mukuru muri ibi birori yari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intara y'Iburengerazuba Madamu Uwambajemariya Florence.Yagarutse ku ngo zirangwa n'amahoro, ituze n'ibyishimo ko ari zo zubaka umuryango ushoboye kandi utekanye.
Yagarutse ku gaciro n'amahirwe Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul KAGAME yashubije abagore, abibutsa ko bagomba kubisigasira biteza imbere bagana ibigo by'imari.
Nawe yagarutse ku ruhare rw'abagore mu kurengera ibidukikije abasaba kurondereza ibicanwa bakoresha amashyiga yabugenewe.
Yabasabye kwita ku mugoroba w'imiryango bakita ku busugire bw'ingo. Yashimiye uko ibipimo by'ubuzima bihagaze abagore babigizemo uruhare by'umwihariko mu kurwanya imirire mibi n'igwingira.
Umunsi waranzwe no kugaburira abana indyo yuzuye, kuremera abagore batishoboye, kubaha ibiti by'imbuto mu rwego rwo kunoza imirire no kurengera ibidukikije. Habayeho no kwitura inka 2.
UMUNSI MPUZAMAHANGA W'UMUGORE WO MU CYARO MU MAFOTO




















Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…
Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…
Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose.
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…