Ngororero: Umuganura werekanye ko abana batakagwingiye kuko ibibatunga bihhari

Ubwo hizihizwaga umunsi w'Umuganura kuri uyu wa 5/08/2022 abawitabiriye babanzaga kumurikirwa umusaruro wavuye mu buhinzi ugizwe n'ibihingwa by'amoko yose birimo 'imbuto (avoka, amatunda, indimu imineke,...), ibinyampeke, ibinyabijumba, ibinyamisogwe (soya. amashaza, ibishyimbo), imboga, ibitoke, ibihaza n'ibindi. Ibi bikagaragaza ko ingo zifite indyo yuzuye ku buryo habaye ubushake abana batahura n'ikibazo cy'imirire mibi n'igwingira.

Ku rwego rw'Akarere umunsi w'Umuganura wizihirijwe mu murenge wa Nyange mu kagari ka Bambiro. Nyuma yo kwerekwa umusaruro wavuye mu bhinzi bw'ibihingwa bitandukanye; itsinda ry'abayobozi riyobowe n'umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe bahaye abana amata banabagaburira indyo yuzuye.

Aha Mayor Nkusi yabwiye abitabiriye umuganura ko kwita ku bana bitagomba kugarukira aha ko ahubwo bigomba kinjira mu myumvire y'ababyeyi abana bagahorana indyo yuzuye. Yagize ati ko ibiryo bihari nk'uko mwabyerekanye ubwanyu kandi akaba arimwe tubikesha ni mpamvu ki muri zimwe mu ngo zanyu harangwa imirire mibi?

Agaruka k'Umuganura yibukije ko wari umwe mu mihango ikomeye y'i Bwami wahuzaga abanyarwanda b'ingeri zose,.
wari ipfundo ry'ubumwe bw'abanyarwanda ko wari warasibanganijwe n'abakoloni nyuma Leta y'ubumwe ikongera kuwusigasira kuko "nta muco nta terambere".
Ati muze rero dukomere ku muco mwiza twarazwe na ba sogokuru wo gushyira hamwe no gufashanya; abejeje neza bakaganuza abarumbije, abishoboye bagafasha abafite intege nke bityo Umuganura ukomeze utubere  isôoko y'Ubumwe n'Ishingiro ryo Kwigira.

Umunsi waranzwe no kwibukiranya amavu n'amavuko y'Umuganura, ibyiza bywo n'uko wakomeza kuba ipfundo ryo gufashanya no kurwanya imirire mibi mu miryango.


Ngororero: abanyamuryango ba koperative GERAYO AMAHORO bibukijwe gukomeza kurwanya ruswa no kuba abanyamuryango ba Ejo Heza


Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…

Read more →

Umurenge wa Muhororo: agashya "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU GIHE" kabavanye mu bukene

Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…

Read more →

Ngororero: Nyuma y'umuganda rusange hamaganywe inzoga zitujuje ubuziranenge


Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose. 
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…

Read more →

Umurenge wa Nyange: CLADHO yasuye WASH and Nutrition Club yo muri GS Nyange

Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…

Read more →

Ngororero: Abana bataye ishuli bagomba kurigarukamo bitarenze tariki 2/03/2026

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere  wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…

Read more →

Ngororero: MINEMA yatanze amahugurwa yerekeye butabazi bwihuse

Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…

Read more →

Ngororero: Inkomezabigwi zubatse igikoni cy'ishuli kijyanye n'igihe

Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…

Read more →

Ngororero: abanyamuryango ba PSF bihaye ukwezi bakaba barangije kwishyura imisanzu.

Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama  nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…

Read more →

Ngororero: Ibibazi bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage bikomeje gushakirwa ibisubuizo

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…

Read more →
-->