Ngororero: Umuganda wihariye w'urubyiruko waranzwe no kurengera ibidukikije

Uyu munsi mu Karere ka Ngororero habaye igikorwa cy'umuganda wihariye w'urubyiruko wateguwe ku rwego rw'Igihugu.
 Ku rwego rw'Akarere ka Ngororero wabereye mu Murenge wa Matyazo, Akagali ka Gitega, Umudugudu wa Barama.
Umuganda witabiriwe n'Umunyamabanga Nshingwa bikorwa w'Intara y'Iburengerazuba Mme UWAMBAJEMARIYA Florence, ari nawe mushyitsi mukuru muri iki gikorwa,cy'itabiriwe kandi na Honorable Depite Emmanuel KAREMERA hamwe n'itsinda bari kumwe.  Bakiriwe n'Umuyobozi  w'Akarere ka Ngororero Bwana NKUSI Christophe  ari kumwe na VM Asoc Madame Mukunduhirwe Benjamine  n'Inzego z'umutekano zikorera mu Karere, inzego zihagarariye urubyiruko mu Karere, abaturage b'Umurenge wa Matyazo, abanyeshuri bigira mu bigo by'amashuri bya TTC Muramba, CIC  Muramba na ESECOM Rucano

Umuganda waranzwe no gutera ibiti 4000 bivangwa n'imyaka  byatewe kuri hegitari 7.
Urubyiruko n'abandi bitabiriye umuganda, nyuma yo gutera ibiti bahawe ikiganiro gifite insanganyamatsiko igira iti : " INTEKEREZO SHINGORO Y'IMIYOBORERE Y'URWANDA KUVA 1994".
 Nyuma y'umuganda habaye inama yahuje Intumwa za rubanda n'abaturage. Abaturage bahawe umwanya wo kubaza no gutanga ibitekerezo. Barifuza ibikorwa remezo nk'imihanda, amashanyarazi n'ibiraro. Ibibazo byabajijwe byahawe ibisubizo.

Intumwa za rubanda zanaganiriye n'abavuga rikumvikana b'umurenge wa Matyazo, basuye imishinga y'iterambere, banasura ibikorwa by'iby'iciro byihariye (urubyiruko, abagore, abafite ubumuga n'abageze mu zabukuru).

Umunsi wasojwe abadepite basura ikigo cya APAX Muramba aharererwa abana bafite bumuga butandukanye muri gahunda y'uburezi budaheza.

NYUMA Y'UMUGANDA WIHARIYE W'URUBYIRUKO HABAYE IBIGANIRO BITANDUKANYE


Ngororero: abanyamuryango ba koperative GERAYO AMAHORO bibukijwe gukomeza kurwanya ruswa no kuba abanyamuryango ba Ejo Heza


Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…

Read more →

Umurenge wa Muhororo: agashya "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU GIHE" kabavanye mu bukene

Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…

Read more →

Ngororero: Nyuma y'umuganda rusange hamaganywe inzoga zitujuje ubuziranenge


Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose. 
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…

Read more →

Umurenge wa Nyange: CLADHO yasuye WASH and Nutrition Club yo muri GS Nyange

Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…

Read more →

Ngororero: Abana bataye ishuli bagomba kurigarukamo bitarenze tariki 2/03/2026

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere  wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…

Read more →

Ngororero: MINEMA yatanze amahugurwa yerekeye butabazi bwihuse

Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…

Read more →

Ngororero: Inkomezabigwi zubatse igikoni cy'ishuli kijyanye n'igihe

Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…

Read more →

Ngororero: abanyamuryango ba PSF bihaye ukwezi bakaba barangije kwishyura imisanzu.

Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama  nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…

Read more →

Ngororero: Ibibazi bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage bikomeje gushakirwa ibisubuizo

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…

Read more →
-->