Ngororero: Umufatanyabikorwa SEVOTA akomeje ibikorwa by'isanamitima

Uyu munsi tariki ya 3 Nzeri 2021, mu karere ka Ngororero, muri salle ya Paroisse Rususa, habereye amahugurwa y'abayobozi b'amatsinda y'ubufatanye n'ubufashanye bari kumwe n'abayobozi b'utugari .

 Bahuguwe ku gukira ibikomere no gukora ubujyanama bibanda ku gutega amatwi mu gihe bumva ababagana.

 Umuhuzabikorwa wa SEVOTA yabasobanuriye imikorere yayo , ababwira n'uburyo yaguye umushinga Iwacu ni amahoro ukagera mu mirenge yose, n'impamvu abayobozi b'utugari batumiwe kugirango badufashe muri gahunda y' ubumwe mu ngo z' amahoro, abazigize bakaba Bandebereho nabo bakakira neza abantu benshi babagisha inama.

Mme Mujawimana Clarisse  ushinzwe ubuzima bwo mu mutwe ku bitaro bya Kabaya yigishije ku bikomere by'umutima  n'ubudaheranwa. Yasobanuye zimwe mu  mpamvu zitera ibikomere n'ibiranga uwakomeretse :
- Ubukene mu muryango
-Intambara
- Kutitabwaho
- Amateka mabi y'umuryango uvukamo
- Igisuzuguriro

Ibiranga uwakomeretse:
- Kumva ko nta wundi umeze nkawe
- Kwiyanga
- Kumva ari wowe wafashwa gusa
- Kwigunga
- Kwitinya
- Kwitakariza icyizere
- Guhora wikanga abakugirira nabi
- Kwiyanga kandi nawe ukumva nta wundi ugukunda.
- Kwiyahura n'indwara zo mu mutwe.

Mme Mkankuriza Colette  ukora ku Kigo nderabuzima cya Rususa yigishije k'ubujyanama no gutega amatwi.

Yababwiye intambwe zo gutega amatwi neza n'ibiranga umujyanama mwiza.

Habaye kandi ubwunganizi bwa Mme Mukahabeshimana Didacienne ku muco w' ibiganiro mu ngo, gukumira no gukemura amakimbirane mu ngo kandi nta kubogamira uyu n'uyu.

Abanyamabanga nshingwabikorwa b'utugari bagaragaje ibibazo bahabwa ibisubizo. Batanze ibyifuzo banashimira SEVOTA uruhare rukomeye rwayo mu kubaka umuryango nyarwanda binyuze mw'isanamitima

Inama yashojwe hakorwa gahunda y'ubukangurambaga n'abayobozi b'utugari, izatangira bitarenze ku ya 20 Nzeri 2021.


Umurenge wa Nyange: CLADHO yasuye WASH and Nutrition Club yo muri GS Nyange

Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…

Read more →

Ngororero: Abana bataye ishuli bagomba kurigarukamo bitarenze tariki 2/03/2026

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere  wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…

Read more →

Ngororero: MINEMA yatanze amahugurwa yerekeye butabazi bwihuse

Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…

Read more →

Ngororero: Inkomezabigwi zubatse igikoni cy'ishuli kijyanye n'igihe

Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…

Read more →

Ngororero: abanyamuryango ba PSF bihaye ukwezi bakaba barangije kwishyura imisanzu.

Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama  nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…

Read more →

Ngororero: Ibibazi bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage bikomeje gushakirwa ibisubuizo

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…

Read more →

Ngororero: Abaveterineri biyemeje gushyira umworozi ku isonga

Umuyobozi w'Akarere  Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…

Read more →

Umurenge wa Kabaya: "Ikinyarwanda ni ururimi ruduhuza tukivuge, tucyandike neza"- Guverineri Ntibitura

Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…

Read more →

Umurenge wa Ngororerowegukanye ibikombe 2 (gore, gabo) mu marushanwa y'UCP

Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…

Read more →
-->