Ngororero: Umufatanyabikorwa RTV yatangije ibikorwa ku mugaragaro
Mu murenge wa Kageyo habereye igikorwa cyo
gutangiza ku mugaragaro ibikorwa by'umufatanyabikorwa Raising The Village ( RTV) mu karere ka Ngororero.
Igikorwa cyayobowe n' umuyobozi w'akarere, Bwana NKUSi Christophe ari kumwe n'intumwa y'Intara y'Iburengerazuba ushinzwe gahunda yo kwikura mu bukene ku buryo burambye (graduation).
Nyuma yo gutaha ivomero ryubatswe mu mudugudu wa Nyamatanga Umuyobozi w'umushinga ku rwego rw'igihugu Madamu MBABAZI Justine ari kumwe na Bwana Evans AINE ushinzwe igenamigambi n'iyaguka ry' umushinga waje ahagarariye umuyobozi w'umushinga mu karere ka Afrika y'iburasirazuba hamwe n'abandi bakozi b'umushinga barimo ukorera mu kagari ka Nyamata n'uwo mu kagari ka Mukore yakomeje avuga n'ibindi bizakorwa n'inkunga izahabwa abaturage ngo biteze imbere.
Habaye igikorwa cyo gusinya amasezerano y'ubufatanye hagati y'akagari na RTV mu maso y'abaturage.
Uhagarariye umuyobozi ku rwego rw'Afrika y'iburasirazuba yavuze ko kugirango umushinga uzakomereze mu yindi mirenge no mu tundi turere bizaterwa n'uko abaturage ba Kageyo bazaba bitwaye.
Hatanzwe ubuhamya bw'uwaturutse mu karere ka Nyabihu mu murenge wa Karago hemeranywa ko hazakorerwayo urugendo- shuri.
Umuyobozi w'akarere yaashimiye Ubuyobozi bwiza bw'Igihugu cyacu burangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame "udutoza guhoza umuturage ku isonga binyuze mu mishinga igamije kumuteza imbere."
Yashimiye kandi RTV yahuje n'ibyifuzo by'abaturage mu mirimo y'ubuhinzi n'ubworozi ku butaka buto kandi bufite ibibazo, mu isuku n'isukura n'imishinga y'iterambere rusange. Yashimiye abaturage abasaba kubyaza umusaruro amahirwe babonye. Yabasabye gukora kinyamwuga bakihaza mu biribwa bagasagurira amasoko. Yashoje agaruka kuri gahunda za Leta zitandukanye ( gusigasira umutekano, ubwisungane mu kwivuza, itorero mu biruhuko, gukemura ibibazo bibangamiye imibereho y'abaturage,.... ).
Hatanzwe imirama y'imboga n'ibikoresho byo gutegura igihembwe cy' ihinga cya 2026 A.
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…