Ngororero: "Twitabire umurimo wo soko y'imibereho myiza"- Minisitiri w'Intebe Ngirente
Minisitiri w'Intebe R.Hon. Dr Edouard Ngirente yagiriye uruzinduko rw'akazi mu Karere ka Ngororero.
Yaje kwifatanya n'abaturage gutangiza igihembwe cy'ihinga 2025 B. Igikorwa cyabereye mu murenge wa Kabaya ahatewe imbuto y'ibirayi kuri site ya Mwendo.
Nyuma y'iki gikorwa Minisitiri w'Intebe yagejeje ku baturage
ubutumwa bwa Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame bwo gukomeza kubungabunga umutekano no kwitabira umurimo wo soko y'imibereho myiza, kubaka umuryango ushoboye kandi utekanye urangwa n'ingo ziteye imbere, abana biga, uzira amakimbirane, imirire mibi, igwingira n'ibiyobyabwenge.

Abaturage batanze ubuhamya kw'iterambere bamaze kugeraho mu buhinzi n'ubworozi n'uburyo intambwe bamaze gutera itazasubira inyuma.
Nyuma yasuye uruganda rutunganya amabuye y'agaciro mu murenge wa Ngororero.
Yari aherekejwe na Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu Dr Mugenzi Patrice, uw'Ubuhinzi n'Ubworozi Dr Cyubahiro Bagabe Marc, Minisitiri ushinzwe ibikorwa bya Guverinoma Madame Mpambara Ines, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu Madamu Kayisire Marie Solange, Umunyamabangawa wa Leta muri Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi Bwana Rwigamba Eric.
Yakiriwe na Guverineri w'Intara y'Iburengerazuba, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intara y'Iburengerazuba, abayobozi, b'inzego z'umutekano ku rwego rw'Intara n'Akarere, Komite Nyobozi y'Akarere, abayobozi n'abaturage b'Umurenge wa Kabaya.
URUZINDUKO RWA MINISITIRI W'INTEBE MU MAFOTO
























Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…
Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…
Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose.
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…