Ngororero: Ministre Kayisire yatangije ibikorwa byo kubaka amashui 556 n'ubwiherero 748
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 20 Kamena Minisitiri wa Minisiteri ishinzwe ibikorwa by'ubutabazi akaba n'imboni y'Akarere ka Ngororero muri Guverinoma Kayisire Marie Solange yifatanije n'abaturage b'aka Karere mu muganda wo gutangiza iyubakwa ry'amashuli 566 n'ubwiherero 748.
Igikorwa cyabereye mu murenge wa Muhororo mu rwunge rw'amashuli rwa Kanogo.
Yakiriwe n'umuyobozi w'Akarere Bwana NDAYAMBAJE Godefroid, VmASOC Madame Mukunduhirwe Benjamine n'abayobozi b'inzego z'umutekano.
Abaturage bishimiye aya mashuli aje ari igisubizo mu kugabanya ubucucike mu mashuli n'ingendo abana bakora bajya ku mashuli amwe namwe.
Umuyobozi w'Akarere Bwana NDAYAMBAJE Godefroid yavuze ko yizeye imbaraga z'abaturage ku buryo aya mashuli azigirwamo mu kwezi kwa cyenda.
Mayor yanavuze ko nubwo izi nyubako z'amashuli zibangikanye no kubaka amazu y'abaturage basenyewe n'ibiza umuhigo uzeswa neza kandi ku gihe.
Minisitiri Kayisire yasabye imbaraga za buri wese by'umwihariko ababyeyi kugirango inyubako zizarangire ku gihe. Aya mashuli niyuzura hari icyizere ko ubucucike buzagabanuka ku buryo icyumba kimwe kuzajya cyakira abanyeshuli 45 gusa.
Minisitiri Kayisire yagarutse ku biza bikunze kwibasira Akarere ka Ngororero yibutsa abaturage kwitwararika ku bidukikije babungabunga ubutaka bwabo kimwe n' ubwubatseho aya mashuli.
Yanavuze ku cyorezo cya Coronavirus akangurira abaturage gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kugikumira no kucyirinda.
Yasabye ababyeyi kwita ku burere bw'abana banabarinda igwingira n'imirire mibi.



Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…