Ngororero: Ministre Kayisire yatangije ibikorwa byo kubaka amashui 556 n'ubwiherero 748
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 20 Kamena Minisitiri wa Minisiteri ishinzwe ibikorwa by'ubutabazi akaba n'imboni y'Akarere ka Ngororero muri Guverinoma Kayisire Marie Solange yifatanije n'abaturage b'aka Karere mu muganda wo gutangiza iyubakwa ry'amashuli 566 n'ubwiherero 748.
Igikorwa cyabereye mu murenge wa Muhororo mu rwunge rw'amashuli rwa Kanogo.
Yakiriwe n'umuyobozi w'Akarere Bwana NDAYAMBAJE Godefroid, VmASOC Madame Mukunduhirwe Benjamine n'abayobozi b'inzego z'umutekano.
Abaturage bishimiye aya mashuli aje ari igisubizo mu kugabanya ubucucike mu mashuli n'ingendo abana bakora bajya ku mashuli amwe namwe.
Umuyobozi w'Akarere Bwana NDAYAMBAJE Godefroid yavuze ko yizeye imbaraga z'abaturage ku buryo aya mashuli azigirwamo mu kwezi kwa cyenda.
Mayor yanavuze ko nubwo izi nyubako z'amashuli zibangikanye no kubaka amazu y'abaturage basenyewe n'ibiza umuhigo uzeswa neza kandi ku gihe.
Minisitiri Kayisire yasabye imbaraga za buri wese by'umwihariko ababyeyi kugirango inyubako zizarangire ku gihe. Aya mashuli niyuzura hari icyizere ko ubucucike buzagabanuka ku buryo icyumba kimwe kuzajya cyakira abanyeshuli 45 gusa.
Minisitiri Kayisire yagarutse ku biza bikunze kwibasira Akarere ka Ngororero yibutsa abaturage kwitwararika ku bidukikije babungabunga ubutaka bwabo kimwe n' ubwubatseho aya mashuli.
Yanavuze ku cyorezo cya Coronavirus akangurira abaturage gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kugikumira no kucyirinda.
Yasabye ababyeyi kwita ku burere bw'abana banabarinda igwingira n'imirire mibi.



Ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi birakomeje mu Karere ka Ngororero.
Uy munsi ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi…
ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 birakomeje.
Muri uyu mwanya harimo kwibukwa abari abakristo b'Itorero ADEPR…
Itsinda ry'Abasenateri bo muri Komisiyo y'imibereho myiza y'abaturage, Uburezi, ikoranabuhanga n'Urubyiruko riyobowe na Hon. Dusingizemungu Jean…
Uyu munsi tariki ya 3 Kamena 2026 muri Hoteli FALIBA, habereye amahugurwa ku ikoreshwa ry’ifu y’ibigori byuzuye kandi byongewemo intungamubiri…
Kuri uyu wa 02 Kamena habaye inama yahuje ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero, ubuyobozi bw’Imirenge ya Kabaya, Ngororero, Gatumba na Nyange, ndetse…
Kuri uyu wa 02 Kamena 2026, hasuwe zimwe mu nzu zubakiwe abaturage bagizweho ingaruka n’ibiza mu Karere ka Ngororero hagamijwe kureba inkunga bahawe,…
Kuri uyu wa 02 Kamena habaye inama yahuje ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero, ubuyobozi bw’Imirenge ya Kabaya, Ngororero, Gatumba na Nyange, ndetse…
Umuganda rusange usoza ukwezi kwa Gicurasi wabereye mu murenge yose igize Akarere ka Ngororero.
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Gatumba…
GS Muhororo yo mu Murenge wa Gatumba yizihije Yubile y'imyaka 75 imaze ishinzwe.
Uyu muhango witabiriwe n’abashyitsi batandukanye. Ubuyobozi bw’Akarere…