Ngororero: Ministre Kayisire arasaba abyeyi kugira uruhare rufatika mu kurwanya imirire mibi n'igwingira

Minisitiri ushinzwe ibikorwa by'ubutabazi akaba n'imboni y'Akarere ka Ngororero muri Guverinoma Hon. Kayisire Marie Solange yashoje ruzinduko rw'akazi rw'iminsi 2 yagiriraga muri aka Karere. Ku munsi wa mbere w'uruzinduko rwe yasuye uruganda rwenga divayi mu nanasi mu kagari ka Gaseke, irerero ry'abana mu kagari ka Nsibo mu murenge wa Nyange nyuma aganira n'abaturage b'imirenge ya Nyange na Ndaro.


Minister Kayisire yagarutse ku kibazo cy'imirire mibi n'igwingira gihangayikishije Akarere ka Ngororero  asaba buri wese kugira uruhare mu kugishakira igisubizo kirambye. Yasabye ababyeyi by'umwihariko kubigiramo uruhare rufatika bagabura indyo yuzuye banagira isuku cyane mu bana bato.
Hon. Kayisire yakiriwe na Mayor Nkusi Christophe ari kumwe n'inzego z'umutekano n'abaturage. Aba bamugejejeho ibibazo n'ibyifuzo byose abiha umurongo. Aha yasabye abayobozi kwita ku bibazo by'abaturage bakabikemura ku gihe. Abaturage baboneyeho kumutuma kuri Nyakubahwa Perezida wa Repubulika bamushimira iterambere bakesha ubuyobozi bwiza arangaje imbere bwashyize umuturage kw'isonga

 Ku munsi wa 2 yakomeje uruzinduko rwe asura ibikorwa by"iterambere birimo Agakiriro n'ubworozi bw'amafi murenge wa Ngororero.


Mu Gakiriro yasabye ko inyubako zafatwa neza amazi ava ku bisenge akagira umuyoboro. Aha yanasuye urubyiruko rwiga imyuga irimo gutwara imodoka, ububoshyi, ububaji....Urubyiruko rwasobanuye uburyo biteze ubuzima bwiza bw'ejo hazaza babikesha umwuga bahisemo.
Minister Kayisire yanasuye koperative y'abadamu yitwa Ukovango baboha ibikapu mu birere n'ibishishwa by'ibigori. Bagaragaje ko bakeneye isoko ryagutse.
Nk'ababyeyi Minister Kayisire yabasabye by'umwihariko gukemura ikibazo cy'imirire mibi n'igwingira no kuboneza urubyaro kugirango imibereho myiza bifuza bayigereho neza. Aba badamu biteje imbere babikesha ububoshyi  butandukanye, bakomeye kuri gahunda za Leta zirimo Ejo Heza no kwishyura ubwisungane mu kwivuza ku gihe.

Asura  koperative Imyumvire myiza  yorora amafi Minister yasabye ko ubu bworozi bw'amafi bwafasha mu kurwanya imirire mu bana.
Yashoje uruzinduko rwe aganira n'abaturage b'imirenge ya Ngororero na Muhororo baje ari benshi kuri stade ya Ngororero.
Aganira nabo Minister kayisire yagarutse ku kibazo cy'igwingira n'imirire mibi  afata nk'igisebo ku karere ka Ngororero maze abasaba kwiyambura ubwo busembwa ku buryo bwihuse.


Ngororero: abanyamuryango ba koperative GERAYO AMAHORO bibukijwe gukomeza kurwanya ruswa no kuba abanyamuryango ba Ejo Heza


Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…

Read more →

Umurenge wa Muhororo: agashya "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU GIHE" kabavanye mu bukene

Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…

Read more →

Ngororero: Nyuma y'umuganda rusange hamaganywe inzoga zitujuje ubuziranenge


Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose. 
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…

Read more →

Umurenge wa Nyange: CLADHO yasuye WASH and Nutrition Club yo muri GS Nyange

Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…

Read more →

Ngororero: Abana bataye ishuli bagomba kurigarukamo bitarenze tariki 2/03/2026

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere  wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…

Read more →

Ngororero: MINEMA yatanze amahugurwa yerekeye butabazi bwihuse

Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…

Read more →

Ngororero: Inkomezabigwi zubatse igikoni cy'ishuli kijyanye n'igihe

Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…

Read more →

Ngororero: abanyamuryango ba PSF bihaye ukwezi bakaba barangije kwishyura imisanzu.

Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama  nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…

Read more →

Ngororero: Ibibazi bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage bikomeje gushakirwa ibisubuizo

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…

Read more →
-->