Ngororero: Minisitiri Murasira yitabiriye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe gukumira no kurwanya ibiza
Minisitiri ushinzwe ibikorwa by'ubutabazi Maj Gen (Rtd) Albert Murasira yagiriye uruzinduko rw'akazi mu Karere ka Ngororero.
Yaje kureba:
-Uko guhangana n'ibiza bihagaze muri aka Karere
-Ubuziranenge bw'amazu ari kubakirwa abaturage
basenyewe n'ibiza.
Mu nama ya DIDIMAC (District Disaster Management Committee)
Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe yamugaragarije icyegeranyo cy'uko ibiza byibasiye Akarere ka Ngororero muri Gicurasi
2023 aho byahitanye abantu 23 bikangiza ibikorwaremezo n'imitungo y'abaturage.
Mayor Nkusi yanerekanye ingamba zafashwe mu guhangana nabyo, aho kubakira abasenyewe n'ibiza bigeze n'imbogamizi zagiye zigaragara.
Yasabye ko haboneka imashini ihoraho yajya isunika inkangu (land slides) igihe zafunze umuhanda.
Minisitiri Murasira yagarutse ku bucukuzi bw'amabuye y'agaciro bwangiza ibidukikije avuga ko bwakagombye guhagarara. Yashimangiye ko imicungire y'ibiza iri mu nshingano z'Akarere. Yanavuze ko aho bishoboka amatungo n'imyaka bigomba kujya mu bwishingizi.
Yibukije ko imikorere n'imikoranire hagati ya Sector Disaster Management Committee (SEDIMAC), District Disaster Management Committee (DIDIMAC) na National Disaster Management Committee (NADIMAC) igomba kuba ntamakemwa.
Yakiriwe n'Umuyobozi w'Akarere ari kumwe n'abagize DIDIMAC barimo abagize inama y'umutekano itaguye y'Akarere. Yaje aherekejwe n'Umuyobozi Mukuru muri MINEMA ushinzwe Politiki, Igenamigambi no Gukumira Ibaza Bwana Adalbert Rukebanuka.






Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…
Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…
Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose.
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…