Ngororero: Minisitiri Kayisire yibukije ababyeyi kubyara abo bashoboye kurera

Minisitiri ushinzwe ibikorwa by'ubutabazi akaba n'imboni ya Guverinoma mu Karere ka Ngororero Hon Kayisire Marie Solange yifatanije n'abaturage b'aka Karere  mu muganda ngarukakwezi  wabereye mu murenge wa Muhororo mu kagari ka Myiha harwanywa isuri ku musozi wa Bukekera.
Nyuma y'umuganda abaturage bagejejweho ubutumwa  bujyanye no kuboneza urubyaro , kurwanya imirire mibi n'igwingira no kwizihiza umunsi mukuru w'intwari uzaba tariki ya 1/02/2023.


Minister Kayisire yibukije abaturage ibyiza byo kurwanya isuri mu Karere k'imisozi ihanamye nka Ngororero avuga ko ubu ugomba kuba umuhigo wa buri wese. Yibukije ko kuringaniza imbyaro bitareba abagore gusa ko n'abagabo babifitemo uruhare rukomeye.
Yanabaganirije ku munsi w'Intwari uzizihizwa kuwa 1/02/2023. Yanagarutse ku isuku igomba kuba umuco mu baturarwanda, kuboneza urubyaro abana bateganirizwa Ejo Heza.
Nyuma y'umuganda habayeho gusura urugo mbonezamikurire rwa Kibingo mu murenge wa Muhororo.


Abana bagaburiwe indyo yuzuye. Yaganiriye n'ababyeyi abasaba guhindura imyumvire bakagaburira abana indyo yuzuye babarinda imirire mibi, kuboneza urubyaro babyara abo bashoboye kurera
Uyu munsi kandi abaganga bakoze umuganda ushingiye ku bumenyi batanga urukingo rwa Covid-19, bapima Covid-19 n'indwara zitandura.
Abadepite mu Nteko Ishingamategeko nabo bifatanije n'abaturage mu muganda ngarukakwezi mu bikorwa byo kurwanya isuri. Hon. Manirarora Annoncée yari mu murenge ya Kageyo naho Hon. Ndagijimana Leonard yari mu murenge wa Sovu.


Ngororero: abanyamuryango ba koperative GERAYO AMAHORO bibukijwe gukomeza kurwanya ruswa no kuba abanyamuryango ba Ejo Heza


Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…

Read more →

Umurenge wa Muhororo: agashya "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU GIHE" kabavanye mu bukene

Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…

Read more →

Ngororero: Nyuma y'umuganda rusange hamaganywe inzoga zitujuje ubuziranenge


Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose. 
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…

Read more →

Umurenge wa Nyange: CLADHO yasuye WASH and Nutrition Club yo muri GS Nyange

Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…

Read more →

Ngororero: Abana bataye ishuli bagomba kurigarukamo bitarenze tariki 2/03/2026

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere  wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…

Read more →

Ngororero: MINEMA yatanze amahugurwa yerekeye butabazi bwihuse

Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…

Read more →

Ngororero: Inkomezabigwi zubatse igikoni cy'ishuli kijyanye n'igihe

Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…

Read more →

Ngororero: abanyamuryango ba PSF bihaye ukwezi bakaba barangije kwishyura imisanzu.

Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama  nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…

Read more →

Ngororero: Ibibazi bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage bikomeje gushakirwa ibisubuizo

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…

Read more →
-->