Ngororero: Minisitiri Biruta aributsa abaturgae gukora cyane bakigira

Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu akaba n'Imboni y'Akarere ka Ngororero muri Guverinoma Hon. Dr Visenti Biruta yifatanije n'abaturage b'umurenge wa Gatumba mu muganda rusange ngarukakwezi usoza ukwezi kwa Werurwe.
Umuganda waranzwe no gutera ibiti by'imbuto,  kuvugurura urutoki,  kugaburira abana indyo yuzuye no gusukura inzibutso.
Nyuma y'umuganda habaye inama n'abaturage bagezwaho ibiganiro ku kwigira (kuko ak'imuhana kaza imvura ihise).
Abaturage bahamagariwe kuzitabira ibikorwa byo kwibuka  ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu kiganiro ku ihame ry'uburinganire n'ubwuzuzanye Umutoni Gatsinzi Nadine  Chief Gender Monitor (CGM)
yibukije abaturage kwimakaza ihame ry'uburinganire n'ubwuzuzanye bagatoza abana  iri hame mu buto bwabo bagakura bafite iyi ndangagaciro izabafasha mu kubaka umuryango ushoboye kandi utekanye.
Minisitiri Biruta yibukije abaturage gukora cyane bakigira bityo bagashyigikira gahunda nziza y'Igihugu cyacu.


yo kwihaza " imfashanyo z'amahanga zikaza ari inyongera."
Minisitiri Biruta yagarutse  ku bikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 asaba buri wese guharanira kubaka umuryango uzira ingengabitekerezo ya Jenoside no kwamagana abagamije kuyikwirakwiza bakoresheje ikoranabuhanga.
Yashoje uruzinduko rwe aganira n'abaturage bacururizaga muri centre ya Cyome bakaba bagomba kuzimukira kuri site ya Rubona mu kagari ka Gatsibo kubera ko ku Cyome hashobora gushyira ubuzima bwabo n'ibikorwa by'ubucuruzi mu kaga.
We n'itsinda yari ayoboye bakiriwe n'Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe n'abandi bagize Komite Nyobozi y'Akarere,  abayobozi b'Inzego z'Umutekano zikorera mu Karere,  Perezida wa IBUKA mu Karere na bamwe mu bajyanama mu Nama Njyanama y'Akarere.

UMUGANDA RUSANGE NGARUKAKWEZI USOZA UKWA WERURWE MU MAFOTO


Ngororero: abamotari bibukijwe gukomeza kurwanya ruswa no kuba abanyamuryango ba Ejo Heza


Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…

Read more →

Umurenge wa Muhororo: agashya "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU GIHE" kabavanye mu bukene

Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…

Read more →

Ngororero: Nyuma y'umuganda rusange hamaganywe inzoga zitujuje ubuziranenge


Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose. 
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…

Read more →

Umurenge wa Nyange: CLADHO yasuye WASH and Nutrition Club yo muri GS Nyange

Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…

Read more →

Ngororero: Abana bataye ishuli bagomba kurigarukamo bitarenze tariki 2/03/2026

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere  wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…

Read more →

Ngororero: MINEMA yatanze amahugurwa yerekeye butabazi bwihuse

Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…

Read more →

Ngororero: Inkomezabigwi zubatse igikoni cy'ishuli kijyanye n'igihe

Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…

Read more →

Ngororero: abanyamuryango ba PSF bihaye ukwezi bakaba barangije kwishyura imisanzu.

Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama  nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…

Read more →

Ngororero: Ibibazi bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage bikomeje gushakirwa ibisubuizo

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…

Read more →
-->