Ngororero: Minaloc na Mininfra bahagurukiye gushaka igisubizo cy'imihanda n'ibiraro byasenywe n'ibiza.
Nyuma y'uko imirenge 6 kuri 13 igize Akarere ka Ngororero ishyizwe mu bwigunge n'ibiza byashenye ibiraro n'imahanda abayobozi batandukanye basuye Akarere ka Ngororero bibonera ubukana bw'ikibazo.
Guverineri w'Intara y'Iburengerazuba Bwana Habitegeko Francois yatabajwe n'umuyobozi w'Akarere Bwana Ndayambaje Godefroid maze kuwa 14/05/2021 yigerera aho ibiza byabereye:
1. ku muhanda Kazabe-Kavumu-Sovu (amasuri n'inkwangu byarawushenye)
2. ku muhanda Kazabe-Kageyo-Rutsiro (ikiraro cyatwe n'umugezi wa Satinsyi)
3.ku muhanda Ngororero- Vunga (inkangu yatwaye umuhanda iwucamo 2)
Guverneri Habitegeko yavuze ko ibiri mu bushobozi bw'Akarere mu guhanagana n'ibi bibazo nk'umuganda byakorwa naho ibirenze ubushobozi bwako bigakorerwa ubuvugizi.
Ubuvugizi yarabukoze maze icyumweru kitararangira Minister wa Minaloc Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney nawe aba ageze muri aka Karere. Hari kuwa 19/05/2021. Nyuma yo kwibonera ibyabaye yavuze ko ibitera ibiza kugira ubukana budasanzwe nk'amasuri n'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro butemewe n'amategeko bibonerwa umuti wa burundu. Aha ubuyobozi bw'Akarere ka Ngororero bwahise bufata umwanzuro ko mu gihe cy'amezi 2 kurwanya isuri bigomba kuba byarangyie k'ubutaka bw'Akarere bwose.
Nyuma y'iminsi 3 Minister Gatabazi avuye mu Karere ka Ngororero mugenzi we ufite ibikorwa remezo mu nshingano Hon. Claver Gatete nawe yarahageze (22/05/2021)
Delegation yari ayobowe irimo intumwa za RTDA na company ya Horizon yakiriwe n'umuyobozi w'Akarere Bwana Ndayambaje Godefroid ari kumwe na VM FED Bwana UWIHOREYE Patrick, abayobozi b'nzego z'umutekano na ba engeneers b'Akarere.
Nawe yasuye aho ibikorwaremezo (imihanda, amateme) byangijwe n'ibiza.
Ahasuwe :
1.Umuhanda wa kaburimbo MUHANGA-NGORORERO-MUKAMIRA aho waciwe n'inkangu mu mirenge ya Muhororo Ngororero Hindiro na Kabaya ku ruhande rwa Ngororero na Jomba mu Karere ka Nyabihu
2.Ikiraro cyatwawe n'umugezi wa Satinsyi kuri feeder road Kazabe-Rutsiro
3. Feeder road Ngororero-Nyabarongo-Vunga waciwe n'inkangu.
Minister Gatete yijeje Akarere ko gusana ibi bikorwaremezo biri mu byihutirwa kandi ko birakorwa mu gihe cya vuba.
Uku gucika kw'imihanda kwateje igihombo bamwe mu bahinzi. Nko mu murenge wa Kageyo umusaruro w'ibitunguru wabuze inzira ikilo kiva ku mafaranga 600 kigera ku mafaranga 80
Abaturage b'Akarere ka Ngororero bishimiye izi ngendo z'aba bayobozi. Bavuga ko ubu bafite icyizere cy'uko bagiye kuva mu bwigunge ubuhahirane bukongera kugenda neza.






Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…