Ngororero: LODA ikomeje kwita ku bagore batwite n'abafite abana batarengeje imyaka 2 babarizwa mu miryango ifite amikoro make
Umukozi w'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe guteza imbere Inzego z'Ibanze LODA Bwana Bazirema Eric ari mu karere ka Ngororero mu gikorwa cyo gukurikirana imitangire y'inkunga y'ingoboka igenewe abagore batwite n'abana batarengeje imyaka 2 babarizwa mu miryango ifite amikoro make(Nutrition Sensitive Direct Support- NSDS).
Iyi nkunga ni imwe mu nkingi zigize gahunda ya Leta igamije kurwanya imirire mibi n'igwingira kuva umwana agisamwa kugeza agize imyaka 2.
Ibi bikorwa hatangwa inkunga y'amafaranga kugirango:
- bongererwe ubushobozi bwo kubona no gutegura ifunguro ry'umubyeyi n'umwaka;
- bashishikarizwe kandi boroherezwe kwitabira serivisi z'ubuvuzi zifasha mu gukurikirana imikurire y'umwana n'imirire ye mu minsi 1000 ya mbere y'ubuzima.
Inshingano ugenewe iyi nkunga agomba kuzuza:
Umugore utwite agomba kwipimisha inshuro 8 zateganijwe na Minisiteri y'ubuzima kandi akazabyarira kwa muganga.
Naho umubyeyi ufite umwana utarengeje imyaka 2 nyuma yo kubyara ajya kwa muganga nibura inshuro 2 mu byumweru 6 bibanza kugirango bamufashe gukurikirana ubuzima bwe n'ubw'umwana; agomba kandi kubahiriza gahunda zo gukingira umwana zitangwa n'ikigo nderabuzima cyangwa Abajyanama b'Ubuzima; kubahiriza gahunda mbonezamikurire itangwa n'ikigo nderabuzima n'Abajyanama b'Ubuzima; asabwa kandi kwitabira gahunda zo kuringaniza urubyaro.
Izindi nshingano:
Uwagenewe inkunga agomba kwita ku mikurire y'umwana yorora amatungo mato (nibura inkoko 2 zitanga amagi); gutera nibura ibiti 2 by'imbuto; kugira umurima w'igikoni utunganije kandi utanga umusaruro.
Agomba kandi kwita ku isuku n'isukura bigaragarira mu kugira isuku ku mubiri no ku myambaro muri rusange; kugira ubwiherero bufite isuku kandi bupfundikirwa; kugira isuku aho barara no mu gikoni.
Uwagenewe inkunga agomba kwitabira Ibikorwa by'iterambere nko kujya mu matsinda yo kubitsa no kugurizanya ari nako aharanira kwigira no guteganyiriza Ejo Heza.
Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…
Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…
Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose.
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…