Ngororero: kwishyura ubwisungane mu kwivuza byafatiwe ingamba nshya
Igikorwa cyo gutangiza umwaka w'ubwisungane mu kwivuza 2021/2022 cyabereye mu murenge wa Kageyo ku rwego rw'Akarere kuri uyu wa 19/03/2021. Cyayobowe n' Umuyobozi w' Akarere ka Ngororero Bwana NDAYAMBAJE Godefroid.
Nyuma yo kugaragarizwa uko umurenge wa Kageyo n'utugari bihagaze muri Musa ya 2020/2021 aho uyu murenge uri ku mwanya wa 12/13 na 80,24%, kandi bigaragara ko bishoboka ko nawo umwanya wa mbere muri Musa wawubona; hafashwe ingamba zikurikira:
1. Umurenge ugomba kugura amakayi ya ba mutwarasibo yo kwandikamo ingo zigomba kugira ubwishingizi zose bitarenze kuwa kabiri taliki ya 23.03.2021 bityo bikajya biborohera kumenya abarangije kwishyura n'abatari barangiza
2. Amasibo yose agomba guhiga akagaragaza igihe Musa izaba yarangije kwishyurwa.
3. Abashinzwe ubuzima mu mirenge bongeye gusabwa kujya batanga raporo ya buri mugoroba igaragaza uko ubukangurambaga bwagenze kuri buri kagari
4. Abayobozi bose bagomba gukorera hamwe bagahana gahunda yo kujya bahura rimwe mu cyumweru bakaganira ku mbogamizi bahuye nazo bagafata ingamba.
Igikorwa cyo gutangiza umwaka wa MUSA 2021/2022 cyabaye mu mirenge yose igize Akarere ka Ngororero. Umuyobozi w'akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu bwana Uwihoreye Patrick yatangije iki gikorwa mu murenge wa kavumu naho mugenzi we ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madame Mukunduhirwe Benjamine yakoreye mu murenge wa Muhanda.
Umwaka wa ushize warangiye akarere ka Ngororero kari kuri 85% mu kwishyura ubwisungane mu kwivuza
Ibindi byaganiriweho:
- Covid _19. Aha Umuyobozi w'Akarere yongeye kwibutsa abaturage ibibi bya Covid abasaba gukomeza ingamba zo kuyirinda
- Abasenyewe n'ibiza
Umuyobozi w'Akarere yasabye abayobozi bo mu murenge wa Kageyo kubishyiramo ingufu bikarangira vuba bishoboka.
- Inyubako z'amashuri
Umuyobozi w'Akarere yibukije ko Leta yatanze amafaranga menshi ngo amashuri yubakwe, asaba ko hagomba gukorwa ibishoboka byose buri mwana akagana ishuri.
Abitabiriyeigikorwa cyo gutangiza umwaka w'ubwisungane mu kwivuza:
- Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'Utugari na ba SEDO
- Ba mutwarasibo
- Abahagarariye inama z'abahetsi
- Abakuru b'Imidugudu
- Abahagarariye abajyanama b'ubuzima
_-Inshuti z'Umuryango
- PSF
- Abajyanama b'Ubuhinzi
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…