Ngororero: Intwari z'Imena z'abanyeshuli b'i Nyange mu mateka y'u Rwanda

Kwizihiza ku nshuro ya 31 umunsi w'Intwari z'Igihugu byabereye mu mirenge yose ku nsanganyamatsiko igira iti "Ubutwari n'Ubumwe bw'Abanyarwanda,  inkingi z'iterambere. " Ku rwego rw'Akarere wizihirijwe  ku gicumbi cy'Intwari z'Imema z'abanyeshuli b'i Nyange mu murenge wa Nyange 
Ibirori byabanjirijwe no gusura  inzu ibumbatiye amateka y'Intwari z'Imema z'abanyeshuli b'i Nyange aho abaje kwizihiza uyu munsi basobanuriwe aya mateka mu ipfundo ryayo ari ryo joro ryo kwa 18 rishyira uwa 19/03/1997. 
Muri iri joro nibwo izi Ntwari zagaragaye igihe banze kwitandukanya  bakurikije amoko y'icyo gihe babisabwe n'abicanyi bari bateye iryo shuli. 

Bavugiye icyarimwe bati "Twese turi abanyarwanda", bityo baba babibye imbuto ya "Ndi Umunyarwanda" ubu yinjiye mu mateka y'u Rwanda by'umwihariko n'isi yose muri rusange". Igikorwa cyakomereje ku gicumbi cy'izi Ntwari. Abitabiriye bazunamiye bashyira indabo ku mva.
Ibirori byitabiriwe n'itsinda ry'abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intaray'Iburengerazuba Madame Uwambajemariya Florence, abagize Komite Nyobozi y'Akarere, abayobozi b'Inzego z'Umutekano zikorera mu Karere, bamwe mu bajyanama mu Nama Njyanama y'Akarere, abayobozi b'amadini n'amatorero, ab'amashuli abanza n'ayisumbuye,  abanyeshuli n'abaturage b'Umurenge wa Nyange.

Ibirori byaranzwe n'impanuro z'abayobozi zarataga ibigwi by'Intwari bagira bati “Kuba intwari ntibisaba imyaka, igihagararo, ubutunzi, ububasha,…. bisaba kugira umutima wa kimuntu wuje indangagaciro zirimo iyo gukunda igihugu n'abagituye…”


Ngororero: abanyamuryango ba koperative GERAYO AMAHORO bibukijwe gukomeza kurwanya ruswa no kuba abanyamuryango ba Ejo Heza


Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…

Read more →

Umurenge wa Muhororo: agashya "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU GIHE" kabavanye mu bukene

Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…

Read more →

Ngororero: Nyuma y'umuganda rusange hamaganywe inzoga zitujuje ubuziranenge


Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose. 
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…

Read more →

Umurenge wa Nyange: CLADHO yasuye WASH and Nutrition Club yo muri GS Nyange

Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…

Read more →

Ngororero: Abana bataye ishuli bagomba kurigarukamo bitarenze tariki 2/03/2026

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere  wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…

Read more →

Ngororero: MINEMA yatanze amahugurwa yerekeye butabazi bwihuse

Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…

Read more →

Ngororero: Inkomezabigwi zubatse igikoni cy'ishuli kijyanye n'igihe

Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…

Read more →

Ngororero: abanyamuryango ba PSF bihaye ukwezi bakaba barangije kwishyura imisanzu.

Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama  nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…

Read more →

Ngororero: Ibibazi bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage bikomeje gushakirwa ibisubuizo

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…

Read more →
-->