Ngororero: Inama Njyanama yemeje ingengo y'imali ya 2020/2021
Uyu munsi kuwa 30 Kamena 2020 Inama isanzwe y'Inama Njyanama y'Akarere yateranye iyobowe na President wayo Dr DUSHIMUMUREMYI Jean Paul.
Ku murongo w'ibyigwa hari ingingo 10 zirimo
- gusuzuma uko ingengo y'imali 2029/2020 yakoreshejwe,
- kwemeza ingengo y'imali ya 2020/2021
- gusuzuma ishyirwa mubikorwa ry'imihigo n'igenamigambi 2019/2020
- kureba ishyirwamubikorwa y'inama z'Umugenzuzi Mukuru y'imali ta Leta
- kwemeza ibipimo bivuguruye by'imisoro n'amahoro.
Inama Njyanama yemeje ingengo y'imali ya 2020/2021 ingana na 20,788,401,146 frws.

Intumwa ya MINECOFIN yashimye uburyo ingengo y'imali ya 2020/2021 yateguwe
Igizwe:
n'ingengo y'imari isanzwe: 10,644,016,302 frws n'ingengo y'imari y'iterambere: 10,144,384,844frws.
Ingengo y'imali 2020/2021 yagabanutseho 4% ugereranije n'iy'umwaka ushize kuko ku rwego rw'isi ubukungu bwahungabanye kimwe no mu Rwanda kubera COVID-19 nk'uko umukozi wa Ministeri y'imali wari witabiriye iyi nama yabisobanuye.
Ibikorwa byongerewe amafaranga ni iby'uburezi ahagaragara kuzubakwa ibyumba by'amashuri 350 bishya bikajyana n'abarimu bashya mu rwego rwo kugabanya ubucucike, harimo kandi ko abana bo mu mashuli abanza bazafata ifunguro ku ishuri, kuzamura abarimu mu ntera,
iby'ubuhinzi n'ubworozi. Impinduka zindi ni uko ahakorwaga imirimo ya Public Works mu mihanda hazakorwa amaterasi mu mirenge itandukanye.
Intumwa ya MINECOFIN yashimye uburyo ingengo y'imali ya 2019/2020 yakoreshejwe neza, n'uburyo iy'umwaka utaha yateguwe.




Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…