Ngororero: inama itegura kwibuka ku nshuro ya 27 jenoside yakorerwe abatutsi yateranye
Kuwa 17/03/2021 mu cyumba cy'inama cy'Akarere ka Ngororero guhera isaa tanu(11h00) kugeza isaa munani(14h00) hakozwe inama itegura kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Inama yayobowe n'Umuyobozi w'Akarere ka Ngororero Bwana NDAYAMBAJE Godefroid ari hamwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine
Inama yitabiriwe n'aba bakurikira:
-Inzego z'umutekano ku rwego rw'Akarere;
-Komite ya Ibuka ku rwego rw'Akarere;
-Perezida wa Ibuka ku rwego rwa buri murenge;
-Uhagarariye amadini n'Amatorero ku rwego rw'Akarere n'Imirenge;
-Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'Imirenge;
-Abakozi bo mu ishami ry'imiyoborere Myiza mu karere

Ingingo yaganiriweho ni Imyiteguro yo kwibuka kunshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda,
Nyuma yo kungurana ibitekerezo hafashwe imyanzuro ikurikira:
-Gutegura abaturage bamenyeshwa gahunda yo kwibuka binyuze mu matsinda mato: Abayobozi n'Abafatanyabikorwa, amakoperative, amatsinda by'Ubumwe n'ubwiyunge, ibigo by'amashuri, amahuriro y'Ubumwe n'ubwiyunge n'Urubyiruko;
-Kunoza isuku ku nzibutso no gutegura inzira ziherekeza ;
-Gukangurira abaturage kuranga aho Imibiri y'Abazize jenoside idatarashyingurwa mu cyubahiro aho iherereye;
_Gukaza umutekano ku nzibutso abazirinda bakunganirwa n'amarondo;
_Gutegura imibiri yabonetse ngo izashyingurwe mu cyubahiro;
_Gutegura abajyanama b'ihungabana mu mirenge;

-Abanyamadini bitabiriye iyi nama biyemeje gukangurira abayoboke babo kwitabira igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi no kwegera abarokotse babafasha mu bikorwa binyuranye;
-Abarezi mu bigo by'Amashuri basabwe gutangira gutegura abanyeshuli kuri gahunda yo kwibuka
-Imirenge yasabwe gushyira imbaraga mu kurangiza imanza za GACACA mu buryo bwo kumvikanisha abafitanye urubanza.
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…