Ngororero: Imihigo nyayo ni igaragaza impiduka nziza mu mibereho y'umuturage- Guverineri Habitegeko
Itsinda ryaturutse ku Ntara y'Iburengerazuba riyobowe na Guverineri w'Intara Bwana Habitegeko François ririmo gusuzuma aho Imihigo y'Akarere ka Ngororero igeze ishyirwa mu bikorwa.
Umuyobozi w'Akarere Nkusi Christophe yerekanye aho imihigo 98 igeze yeswa umuhigo ku wundi. Nyuma itsinda ryaturutse ku Ntara bagiye inama zatuma imihigo irushaho kwihutishwa. Guverineri Habitegeko yibukije ko imihigo myiza ari igaragaza impinduka nziza mu bagenerwabikorwa aribo baturage.
Hanasuzumwe aho ingengo y'imali igeze ikoreshwa kimwe n'itangwa ry'amasoko.
Iri tsinda rigizwe kandi n'umunyabanga nshingwabikorwa w'Intara Madame Uwambajemariya Florence, abayobozi b'inzego z'umutekano ku rwego rw'Intara n'abakozi ku rwego rw'Intara.
Ku rwego rw'Akarere bari kumwe na Komite Nyobozi,Vice president w'Inama Njyanama y'Akarere, bamwe mu bajyanama n'abafatanyabikorwa, abanyamabanga nshingwabikorwa b'imirenge n'abakozi b'Akarere.




Ku munsi wa 2 w'isuzuma ry'imihigo y'Akarere ka Ngororero itsinda ryaturutse ku Ntara rifatanije n'abayobozi n'abatekinisiye b'Akarere ka Ngororero riri gukorera isuzuma mu bagenerwabikorwa nyirizina. Mu bikorwa byasuwe harimo amaterasi y'indinganire, ibikorwa byo kwihangira imirimo, kubakira abacitse kw'icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi mu murenge wa Kabaya; ishuli ry'imyuga TVET mu murenge wa Muhanda; gahunda ya girinka mu murenge wa Ngororero; koperative y'abafite ubumuga mu murenge wa Gatumba; guhuza ubutaka mu murenge wa Muhororo; amaterasi y'indinganire mu murenge wa Hindiro; amashanyarazi akomoka ku mirasire, imidugudu y'icyitegerezo mu murenge wa Nyange; imihigo ya ba mutima w'urugo mu murenge wa Gatumba. Isuzuma ryaranzwe no kuganira n'abaturage harebwa impinduka nziza imihigo igira ku mibereho yabo. Hanabayeho kujya inama zitandukanye zituma imihigo irushaho kwihutishwa ikagera ku bipimo biteganijwe.




Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…
Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…
Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose.
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…