Ngororero: imidugudu izagaragaramo ubwandu bwa Covid-19 buri hejuru y'i 10% izajya ishyirwa mu kato

Kuri uyu wa  26/7/2021  habaye Inama ya Task Force  kwirinda COVID-19 ku rwego rw’Akarere. Inama yayobowe n’Umuyobozi  w’Akarere Bwana NDAYAMBAJE Godefroid; yitabiriwe n’abagize Task Force yo kwirinda cyorezo cya Koronavirusi ku rwego rw’Akarere ndetse n’Abanyambanga Nshingwabikorwa b’Imirenge.

Barebeye  hamwe:
-uko icyorezo cya Koronaviruai gihagaze mu Karere
- Ibyavuye mu gupima abantu benshi
- Ingamba zo gukomeza kwirinda

Nyuma yo kungurana ibitekerezo hafashwe imyanzuro ikurikira:
- Hasabwe ko Command posts zo kwirinda COVID-19 mu tugali n'imurenge zarushaho gukora neza
- Imirenge yasabwe kugaragaza Hot spost zikitabwaho mu bukangurambaga bwo kwirinda COVID-19
-kurushaho kugenzura Ko nta tubali twimukiye  mu ngo
-  Gukurikirana umunsi ku wundi abarwariye mu ngo bigatangirwa raporo
- Kugaragaza raporo y’ingo zasuwe kugirango hakumirwe kuba abaturage barembera mu ngo
- Gutangira amakuru ku gihe y'bakurikiranwa mu ngo kugirango igihe bagaragaje ibimenyetso mpuruza bohererezwe ku ivuriro hakiri kare
- Ibigo by’ubuvuzi byasabwe ko uwapimwe bagasanga arwaye COVID-19 agomba guhabwa ubujyanama ( counseling) ndetse agaherekezwa  kugeza iwe mu rugo
- Abayobozi b’imirenge basabwe gukurikirana iyubahirizwa ry’amabwiriza igihe cyose n’ahariho hose
Muri rusange ku bantu bapimwe icyarimwe ari benshi byagaragaye ko ubwandu bwa Koronavirusi buri ku kigereranyo cya 3,8%. Ku midugudu izagaragaramo iubwandu buri hejuru y’i 10% abari mu nama banzuye ko izajya ishyirwa mu kato
 Abari mu nama basabwe gushyira mu bikorwa imyanzuro yafashwe.
 


Umurenge wa Nyange: CLADHO yasuye WASH and Nutrition Club yo muri GS Nyange

Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…

Read more →

Ngororero: Abana bataye ishuli bagomba kurigarukamo bitarenze tariki 2/03/2026

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere  wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…

Read more →

Ngororero: MINEMA yatanze amahugurwa yerekeye butabazi bwihuse

Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…

Read more →

Ngororero: Inkomezabigwi zubatse igikoni cy'ishuli kijyanye n'igihe

Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…

Read more →

Ngororero: abanyamuryango ba PSF bihaye ukwezi bakaba barangije kwishyura imisanzu.

Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama  nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…

Read more →

Ngororero: Ibibazi bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage bikomeje gushakirwa ibisubuizo

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…

Read more →

Ngororero: Abaveterineri biyemeje gushyira umworozi ku isonga

Umuyobozi w'Akarere  Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…

Read more →

Umurenge wa Kabaya: "Ikinyarwanda ni ururimi ruduhuza tukivuge, tucyandike neza"- Guverineri Ntibitura

Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…

Read more →

Umurenge wa Ngororerowegukanye ibikombe 2 (gore, gabo) mu marushanwa y'UCP

Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…

Read more →
-->