Ngororero: hasuzumwe amabwiriza ajyanye n'abagenerwabikorwa ba VUP
Kuri uyu wa 7/08/2025 hakozwe inama yo gusuzuma inyandiko ngenderwaho kugirango yemeze abagenerwabikorwa muri gahunda ya VUP.
Iyi nama yitabiriwe n’umuyobozi w’ishami rishinzwe kurengera imibereho myiza y'abaturage n’abakozi bo muri urwo rwego, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge n’abakozi bafite uruhare muri VUP, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Akagari, na ba SEDOs.
Iyi nama yari iyobowe na Visi Meya ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu. Mukunduhirwe Benjamine.
Intego nyamukuru yinama yari iyo gusuzuma ibiri mu nyandiko ngenderwaho yo kumenya abagenerwabikorwa ba VUP bujuje ibisabwa mu bice bikurikira:
1. Inkunga itaziguye (DS)
2. Kwagura Imirimo Rusange ishingiye kuri Serivisi ishinzwe iterambere ryabana bato (ePW-HBECD)
Nyuma yo gusuzuma no kuganira ku nyandiko, hafashwe imyanzuro ikurikira:
1.Gutegura inteko z'abaturage mu mirenge yose ku rwego rw'akagari, hagamijwe kugenzura urutonde rw'agateganyo rwa'bagenerwabikorwa ba VUP rutangwa na MINALOC & LODA. Muri iki gikorwa, abantu bujuje ibisabwa bazemezwa kandi hazakorwa urutonde rw'abatari ku rutonde rw'agateganyo ariko bujuje ibisabwa.
Ibi byose bigomba gukorwa vuba kandi hubahirijwe amabwiriza ariho ajyanye n'ibice byavuzwe haruguru.
2. Hemejwe ko kugenzura urutonde (kwemeza abantu bujuje ibisabwa, kuvanaho abatemerewe, no kongerera abujuje ibyangombwa ariko batashyizwe ku rutonde) bigomba kurangira mu mirenge yose bitarenze ku ya 7 Kanama 2025.
Raporo yanyuma igomba gushyikirizwa Akarere ku ya 8 Kanama 2025, saa 12h00.
3.Kuba utugari tumwe tudafite SEDOs, tugaragaza imbogamizi mu kwinjiza amakuru muri sisitemu igihe bibaye ngombwa, inama yemeje ko Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'Imirenge bahura n'iki kibazo bagomba gutegura raporo yihuse kugira ngo Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'utugari bireba bashobore guhugurwa n'abakozi bashinzwe kurengera imibereho y'abatishoboye ku bufatanye n'umuyobozi ushinzwe amakuru ku buryo bakoresha sisitemu.
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…