Ngororero: Guverineri Habitegeko yashimiye abalimu uburyo batunganya inshingano zabo
Guverineri w'Intara y'Iburengerazuba Bwana Habitegeko François ari mu ruzinduko rw'akazi mu karere ka Ngororero. Yabanje kuyobora inama kw'ikingira rya Covid-19 riri gukorerwa abanyeshuli bafite hagati y'imyaka 5 na 11, yari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe n'Inzego z'umutekano.


Inama yarimo abayobozi b'ibigo Nderabuzima, umuhazabikorwa by'ikingira mu Karere, umuyobozi w'ishami ry'ubuzima. Yatanze inama ku byakorwa kugirango gukingira abana kw'ishuli birusheho kwihuta. Harimo gukingirwa abanyeshuli kuva P4 kugeza P6 bagera kuri 14,070. Hamaze gukingirwa 6406 bangana na 46%
Yanagarutse ku cyorezo cya Ebola n'ingamba ziriho zo kucyirinda.
Hanaganiriwe ku mikorere n'imikoranire n'isuku mu bigo nderabuzima.
Guverineri Habitegeko yakomeje uruzinduko rwe asura ibikorwa byo kurwanya isuri mu murenge wa Kabaya ahari gukorwa amaterasi y'indinganire. Yatanze inama yo kugira gahunda ihamye kugirango igikorwa kigende neza kandi cyihute.


Nyuma yo gusura ibikorwa byo kurwanya isuri yasuye ibigo by'amashuli bya Mubugu mu murenge wa Kabaya na CIC Muramba mu murenge wa Matyazo areba uburyo abana bafata ifunguro kw'ishuli, ubwitabire bw'abalimu n'abanyeshuli, isuku, imyigire n'imyigishirize n'uburyo amafaranga y'ishuli atangwa hakurikijwe amabwiriza ya Minisitiri w'Uburezi.




Aganira n'abanyeshuli n'abalimu yabashimiye uburyo bita ku nshingano zabo, abasaba gukomeza kurangwa n'umurava uherekejwe na disipline n'izindi ndangagaciro nyarwanda.
URUZINDUKO RWA GUVERINERI HABITEGEKO MU MAFOTO


Yagiranye inama n'abayobozi b'ibigo nderabuzima ku ikingira rya Covid-19




Mu bikorwa byo kurwanya isuri mu murenge wa Kabaya




Guverineri Habitegeko mu kigo cy'amashuli cya Mubugu/Kabaya



Yasuye ikigo cy'amashuli CIC Muramba mu murenge wa Matyazo
Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…
Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…
Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose.
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…