Ngororero:Guverineri Habitegeko Francois yiboneye uburyo imihanda yangijwe n'ibiza
Guverineri w'Intara y'iburengerazuba Bwana Habitegeko François ageze mu Karere ka Ngororero kuri iki gicamunsi cyo kuwa 14/05/2021. Arimo kureba uburyo ibikorwaremezo by'umwihariko imihanda yangijwe n'ibiza. Yabanje mu muhanda Kazabe- Sovu yibonera uburyo umuhanda wangiritse. Ari kumwe na Komite Nyobozi y'Akarere n'inzego z'umutekano ku rwego rw,intara n'Akarere
Guverineri w'Intara y'iburengerazuba yanasuye umuhanda werekeza ku murenge wa Ngororero no ku kigo nderabuzima cya Nyange A. Yabonye uburyo wacitse ku buryo nta binyabiziga bishobora kwerekezayo. Nyuma yaganiriye n'abaturage ababwira ko yaje kwirebera ubwe uko ibiza byifashe kugirango abone uko yakora ubuvugizi. Yashimiye abaturage ubutwari bagaragaza mu guhangana n'ibiza banirinda Covid-19.
Mbere yo gusoza uruzinduko rwe Governor Habitegeko yagiranye inama n'abagize inama y'umutekano itaguye y'Intara n'iya Karere.
Yashimiye uburyo abaturage bahagaze neza mu kwirinda Covid-19. Ati niboneye uburyo bambara neza agapfukamunwa kandi gafite isuku. Ati bigaragaza ko abayobozi begereye abaturage mu rugamba rwo kurwanya iki cyorezo. Ati ariko nta kwirara kuko icyorezo kigihari.
Indi ngingo yaganiriweho ni ijyane n'ibiza no kubakira abatishiboye basenyewe n'ibiza.
Umuyobozi w'Akarere Bwana Ndayambaje Godefroid yagaraje uko ibiza bihagaze mu Karere n'ibibazo byakuruye birimo guhitana ubuzima bw'abantu 4. Ku bijyanye n'ibiza Governor Habitegeko yavuze ko ibiri mu bushobozi bw'Akarere nk'umuganda byaba bikorwa ariko ibirenze imbaraga gafite bikazakorerwa ubuvugizi.
Ku bijyanye n'imihigo Mayor Ndayambaje yavuze ko imihigo izeswa neza Akarere kakaza ku mwanya mwiza. Governor yavuze ko kwesa imihigo bishoboka ajya inama y'uburyo Akarere kazahigura neza.







Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…