Ngororero: Amashuli yiteguye gutangira yima amayira icyorezo cy'indwara y'ubushita bw'inkende
Mu gihe hasigaye umunsi umwe ngo abanyeshuli basesekare mu mashuli abanza n'ayisumbuye mu Karere ka Ngororero imyiteguro igeze ku musozo mu bigo byose: amasuku yararangiye, ibyo kurya birahari, abarimu bategereje abanyeshuli, biteguye gutangira amasomo.
Mu myiteguro idasanzwe harimo kwima amayira icyorerzo cy'indwara y'ubushita bw'inkende Monkey Pox (Mpox) ntikizagere mu mashuli.
Ni muri urwo rwego uyu munsi kuwa 8/09/2024 mu bigo nderabuzima bibarizwa mu Karere ka Ngororero hatanzwe amahugurwa kuri gahunda yo kwirinda ikwirakwira ry'icyorezo cy'indwara y'ubushita bw'inkende (Monkey Pox).




Aya mahugurwa yatanzwe ku bufatanye bw'Ibigo Nderabuzima n'Abayobozi mu Nzego z'ibanze ahabwa abarimu bahagarariye abandi baturutse muri buri kigo cy'ishuri.
Bahuguwe ku miterere y'indwara ya Monkey Pox , uko yandura n'uko yakwirindwa kugira ngo nabo bazabisobanurire abandi balimu bahagarariye ndetse n'abanyeshuri.
Amahugurwa yatanzwe na:
-abayobozi b'ibigo nderabuzima;
-abakozi bashinzwe ibikorwa by'abajyanama b'ubuzima, isuku n'isukura;
-abakozi bashinzwe indwara z'byorezo.
Uyu munsi kandi ubuyobozi bw'Akarere n'ubw'imirenge biriwe mu gikorwa cyo kugenzura uko amashuli yiteguye gutangira umwaka w'amashuli 2024/2025. hagiwe inama zitandukanye zigamije kunoza imyiteguro kugirango itangira ry'amashuli rizagende neza.




Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…
Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…
Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose.
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…