Ngororero: Abagenzuzi ba Mineduc basabwe gukora ubuvugizi ku bikoresho bibura mu nyubako z'amashuli
Uyu munsi muri video conference y'Akarere habereye inama yahuje ubuyobozi bw'Akarere n'abagenzuzi b'amashuri ba Mineduc mu rwego rwo gusoza igikorwa cy'ubugenzuzi bw'ibyumba by'amashuri byubatswe mu Karere ka Ngororero cyatangiye kuwa 20/02/2020 kugeza uyu munsi.
Inama yayobowe n'umuyobozi w'Akarere Bwana NDAYAMBAJE Godefroid.

Abagenzuzi bahawe umwanya kugaragaza uko basanze byifashe. Bavuze ko basuye ibigo by'amashuri 20 biri mu Mirenge 11 kuri 13 igize Akarere ka Ngororero
Mubyo barebaga harimo:
-kureba aho imirimo igeze kugeza ubu
-kureba ibijyanye n'imyubakire
- kureba uko ibikoresho byagiye bikoreshwa kugira ngo harebwe aho ibikoresho byashize kandi imirimo itarangiye n'impamvu zabyo, izo mpamvu zikaba zazashingirwaho harebwa uko ibibura byakongerwa kugira ngo imirimo irangire.
Abagenzuzi bagaragaje ko muri rusange aho imirimo igeze bigaragara ko hari icyakozwe ariko bagaragaza ko hari ahagiye hari amakosa amwe n'amwe basaba ko yakosorwa kuko bishoboka.
Umugenzuzi w'amashuri muri Mineduc waje ayoboye itsinda yagarutse ku myigishirize aho yavuze ko hari abarimu badakoresha ibidanago (journaux de classe) ndetse anavuga ku bigo bifite abarimu benshi batize uburezi.
Aha umuyobozi w'Akarere yasabye ushinzwe uburezi mu Karere kubikurikirana kugira ngo buzakosorwe.
Nyuma abandi bari mu nama bahawe umwanya wo gutanga ibitekerezo
Umukozi ushinzwe ibikorwa remezo mu Karere yagaragaje ko bitewe n'imiterere y'Akarere hari aho ibikoresho byagiye biba bike kubyari biteganyijwe aboneraho gusaba ko hakorwa ubuvugizi ibibura bikazatangwa.
Yanaboneyeho gusaba ko muri raporo y'abagenzuzi hajyamo n'ubuvugizi bwo kuzatanga ibigega bifata amazi kuko bitigeze biteganywa ndetse no kureba uburyo haboneka vuba uburyo bwo kubaka inkuta zifata ubutaka mbere y'uko imvura igwa kuko hari ibigo biri ahantu hakeneye inkuta byihuse.
Inama yarangiye umuyobozi w'Akarere ashimira abagenzuzi kubwo kugaragaza uko Akarere gahagaze mu myubakire y'amashuri anabizeza ko hakomeza kuba ubugenzuzi bw'imbere mu karere kugira ngo ibyifuzo nama byatanzwe byitabweho ndetse n'amakosa yagaragajwe akosorwe.

Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…