Ngororero: DOT Rwanda yongereye ingufu Telecenter y'umurenge wa Nyange

Mu rwego  rwa Program yitwa DSE program( Digital Skills for Employability) kuri telecenter y'Umurengewa Nyange hatanzwe mudasobwa 10 mu rwego rwo kongerera ubushobozi iyi telecenter bityo abayigana bakazazikoresha mu kunguka ubumenyi.
Iyi program izanatanga amahugurwa kuri ba Rwiyemezamirimo baciriritse ibaha ubumenyi bw'ikoranabuhanga mu bucuruzi.  N'abize muri DSE program zizabafasha gukomeza gukarishya ubumenyi.
DES program irimo gushyirwa mubikorwa na DOT Rwanda ku bufatanye na Mastercard Foundation.

Umushinga w'ikoranabuhanga Digital Skills Employmentability (DSE) witeguye guha  Urubyiruko 10,000 ibikoresho bizabafasha mu bumenyi bw'ikoranabuhanga mu gahanga imirimo kugira ngo  babone imibereho mu bukungu bushingiye ku ikoranabuhanga.
Iyi gahunda irareba cyane cyane urubyiruko rw'abakobwa bakeneye ubumenyi bw'ikoramabuhanga kugira ngo babashe kwihangira imirimo bagahinduka ba rwiyemezamirimo.
  Ni mu rwego rwo gusigasira iterambere ry'ubumenyi rishingiye ku ikoranabuhanga hateganirizwa ejo hazaza heza h’urubyiruko haba mu mijyi ndetse no mu cyaro.
Mu Rwanda urubyiruko ruracyahura n'ibibazo ki isoko ry’umurimo:
Ubushakashatsi bwakozwe mu mwaka wa 2022 bwasanze 35,6% by'urubyiruko bafite mu myaka (16-30) bashyizwe mu byiciro basanga ntaho babarizwa haba  mu kazi gahoraho, mu burezi, cyangwa mu mahugurwa (NEET= Neither in Employment, Education, nor Training).

Ubushakashatsi bushingiye ku gitsina bugaragaza ko urubyiruko rw'abakobwa bafite igipimo cya 41% NEET, ugereranije na 29.9% ku bahungu.
Hatabonetse ubumenyi mu ikoranabuhanga, uru rubyiruko, cyane cyane urwo mu cyaro ndetse n’abagore muri rusange, rwagenda rusigara inyuma mu gihe u Rwanda rwinjiye muri gahunda y'ubukungu bushingiye ku bumenyi.

Umuyobozi wa DOTRwanda Madame Violette Uwamutara aragira ati: "Muri DOT Rwanda, twizera ko guha urubyiruko ubumenyi bwa digitale bubafasha kwihangira imirimo ari urufunguzo rwo kugaragaza ubushobozi bwabo no guteza imbere imibereho irambye. Gufatanya na Mastercard Foundation,  ni amahirwe yo kuyobora ihuriro ry’imiryango ikorera mu rubyiruko binyuze muri Digital Skills for Employmentability (DSE).
Twese hamwe, turimo gukora tugana ku ntego duhuriyemo zo guha imbaraga urubyiruko mo guharanira iterambere ryarwo.


Umurenge wa Nyange: CLADHO yasuye WASH and Nutrition Club yo muri GS Nyange

Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…

Read more →

Ngororero: Abana bataye ishuli bagomba kurigarukamo bitarenze tariki 2/03/2026

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere  wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…

Read more →

Ngororero: MINEMA yatanze amahugurwa yerekeye butabazi bwihuse

Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…

Read more →

Ngororero: Inkomezabigwi zubatse igikoni cy'ishuli kijyanye n'igihe

Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…

Read more →

Ngororero: abanyamuryango ba PSF bihaye ukwezi bakaba barangije kwishyura imisanzu.

Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama  nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…

Read more →

Ngororero: Ibibazi bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage bikomeje gushakirwa ibisubuizo

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…

Read more →

Ngororero: Abaveterineri biyemeje gushyira umworozi ku isonga

Umuyobozi w'Akarere  Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…

Read more →

Umurenge wa Kabaya: "Ikinyarwanda ni ururimi ruduhuza tukivuge, tucyandike neza"- Guverineri Ntibitura

Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…

Read more →

Umurenge wa Ngororerowegukanye ibikombe 2 (gore, gabo) mu marushanwa y'UCP

Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…

Read more →
-->