Kavumu sector: hibutswe ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe abatutsi mu cyahoze ari komini Ramba

Kuri uyu wa 8/06/2022 mu murenge wa Kavumu habayeho igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari komini Ramba.

Igikorwa cyahuje imiryango y'ababuze ababo baturutse hirya no hino mu Rwanda bakiriwe n'umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe ari kumwe  Perezida wa Ibuka mu Karere, abayobozi b'inzego z'umutekano Perezida w'Inama Njyanama y'Akarere, bamwe mu bagize inama Njyanama,  n'abaturage b'imirenge igize icyahoze ari komini Ramba aryo Kavumu, Kageyo na Sovu.


Hari iyi tariki ya 8/06/1994 ubwo  mu murenge wa Kavumu  abicanyi bafashe abana 12 bakabataba mu cyobo ari bazima bagapfa urw'agashinyaguro bishwe n'inyota n'inzara. Mu rwibutso rwa Kavumu haruhukiye inzirakarengane 374.


Ikiganiro ku nsanganyamatsiko "Twahisemo kuba umwe" cyatanzwe n'umujyanama mu nama njyanama y'Akarere ka Ngoroero Bwana  Shyerezo Norbert. Yahamagariye buri wese by'umwihariko urubyiruko kwima amatwi abagifite umugambi mubisha wo guca ibice mu banyarwanda babiba ingengabitekerezo ya jenoside.
Umutangabuhamya Bizimungu yavuze ku nzira y'umusaraba we na bagenzi be banyuze ubwo bahigwaga n'abicanyi.
Yashimiye ingabo zabarokoye zigatuma batazima ubu bakaba bariyubatse we na bagenzi be kuko banze guheranwa n'agahinda.


Uhagarariye imiryango y'abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi Umujyanama  mu nama njyanama y'Akarere ka Ngororero Budengeri Eulade yagarutse ku mbwirwaruhame Mugesera Leon yavugiye ku Kabaya ihamagarira kwica abatutsi igakongeza ubwicanyi bwahitanye benshi.


Perezida wa Ibuka mu Karere yashimiye ubuyobozi bwiza bw'Igihugu cyacu bwakoze ibishoboka byose bakagarura ubumwe n'ubwiyunge mu banyarwanda bakaba barahisemo kuba umwe.


Umushyitsi mukuru muri iki gikorwa yari Hon. Depite Manirarora Annoncée.
Yagarutse ku butwari bwaranze basore n'inkumi bahaze ubuzima bwabo bagahagarika Jenoside asaba buri wese kurwanya abagifite ingengabitekerezo ya jenoside. Yongeye gusaba abazi aho imibiri y'abishwe iherereye kuherekana igashyingurwa mu cyubahiro.

Igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorerwe Abatutsi mu cyahoze ari Komini Ramba cyanaranzwe no kunamira inzirakarengane zishyinguye mu rwibutso rwa Kavumu hashyirwa indabyo aho baruhukiye.


Ngororero: abamotari bibukijwe gukomeza kurwanya ruswa no kuba abanyamuryango ba Ejo Heza


Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…

Read more →

Umurenge wa Muhororo: agashya "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU GIHE" kabavanye mu bukene

Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…

Read more →

Ngororero: Nyuma y'umuganda rusange hamaganywe inzoga zitujuje ubuziranenge


Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose. 
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…

Read more →

Umurenge wa Nyange: CLADHO yasuye WASH and Nutrition Club yo muri GS Nyange

Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…

Read more →

Ngororero: Abana bataye ishuli bagomba kurigarukamo bitarenze tariki 2/03/2026

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere  wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…

Read more →

Ngororero: MINEMA yatanze amahugurwa yerekeye butabazi bwihuse

Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…

Read more →

Ngororero: Inkomezabigwi zubatse igikoni cy'ishuli kijyanye n'igihe

Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…

Read more →

Ngororero: abanyamuryango ba PSF bihaye ukwezi bakaba barangije kwishyura imisanzu.

Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama  nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…

Read more →

Ngororero: Ibibazi bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage bikomeje gushakirwa ibisubuizo

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…

Read more →
-->