Gatumba sector: imiryango 110 yahawe ingufu z'amashanyarazi akomoka ku mirasire y'izuba
Ku bufatanye bw'Akarere ka Ngororero na Polisi y'u Rwanda imiryango 110 yahawe ingufu z'a
mashanyarazi akomoka ku mirasire y'izuba. Abagenerwabikorwa ni abo mu cyiciro cya 1 n'icya 2 bo mu midugudu ya Jimbu, Kamina na Kadehero yo mu kagari ka Ruhanga mu murenge waGatumba.
Umuyobozi wa polisi mu Karere ka Ngororero yavuze ko inshingano za Police y'u Rwanda zitagarukira ku gucunga umutekano w'abantu n'ibyabo gusa ko ahubwo harimo no guharanira imibereho myiza yabo.
Umuyobozi w'Akarere Bwana Ndayambaje Godefroid yabwiye abaturage ko ibikorwa remezo nk'ibi babikesha imiyoborere myiza irangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika washyize umuturage kw'isonga.
Abaturage bashimiye Intore y'ikirenga idahwema kubagabira ubutitsa kandi itabara. Iki gikorwa kiri muri gahunda y'intego y'Igihugu ko buri muturarwanda azaba afite ingufu z'amashanyarazi bitarenze mu mwaka wa 2024.
Abaturage basabwe gufata neza izi ngufu kandi bakirinda kuzigurisha.


Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…