COMPASSION INTERNATIONAL RWANDA irateganya gukorera mu mirenge yose.
Byatangarijwe mu nama nyunguranabitekerezo yahuje intumwa za Compassion International Rwanda ziyobowe n'umuyobozi mukuru ukuriye ubufatanye n'amatorero ( Senior Manager of partnership) Bwana Muligo Eugine, Komite Nyobozi y'Akarere ka Ngororero n'abakozi bafite aho bahuriye n'iterambere n'imibereho y'umwana kuva ku Karere kugera ku rwego rw'imirenge 7 Compassion ikoreramo ariyo GATUMBA,NYANGE,SOVU,BWIRA,KAVUMU,MUHANDA,NGORORERO na KABAYA
Intego y'inama yari ukugaragaza ibikorwa Compassion yakoze mu myaka 5 ishize no kugisha ubuyobozi bw’Akarere inama ku mikorere hagambiriwe kurushaho gukora neza no gufasha mu iterambere ry'imibere myiza y'abaturage .
Nyuma yo gusobanura amavu n’amavuko, intego zayo, indangagaciro n’ikerekezo' intumwa za Compassion zagaragaje ko mu Karere ka Ngororero uyu mushinga ufasha mu nkingi y’imibereho myiza mu ngingo zikurikira
1.UBUREZI:
Abana 2542 bari mu mashuri y'incuke, abanza, ayisumbuye na kaminuza bahabwa ibikoresho by'ishuri, imyambaro y'ishuli, minerval n'uburyo bwo gufata ifunguro kw'ishuli (school feeding) mu mashuri y'incuke n'abanza.
2.UBUZIMA:
Abana bitabwaho bakiri mu nda z'ababyeyi babo, ababyeyi batwite bakipimisha neza,bakabyarira kwa muganga,abana bose bakorerwa isuzumarusange (Health screening) rikorwa n'ibitaro buri mwaka, kuvuza abarwaye, kwita ku bafite ubwandu bwa Sida,…kwita ku isuku n’isukura.
3. IBIBAZO BIBANGAMIYE IMIBERHO MYIZA (HUMAN SECURITY ISSUES)
Compassion ifasha mu gusana amazu, kubaka ubwiherero haba mu ngo z’abagenerwabikorwa ndetse no ku matorero, yubaka ibigega n’imiyoboro y’amazi,…
4.KURWANYA IMIRIRERE MIBI N’IGWINGIRA
Abana bagaragayeho imirire mibi bafashwa kuyivamo bahabwa indyo yiganjemo intungamubiri, imiryango ikorozwa inkoko zitera amagi n'inka z’umukamo…. Ibi kandi bikorwa hibandwa cyane ku bukangurambaga no kwigisha kwifasha hatabayeho guhora bateze ibiganza
5.AMATSINDA Y’URUBYIRUKO N’ABABYEYI
Amatsinda 105 y’ababyeyi n’urubyiruko ubu afite amafaranga 37,351,814 abafasha kwishyura mutuweli,kubitsa no kugurizanya,ubucuruzi buciriritse,ubuhinzi n’ubworozi, gukemura ibibazo byo mu buzima …ku buryo hari ikizere ko no mu gihe Compassion yaba itagikorera mu matorero aya matsinda yasigara afasha iyi miryango.
COMPASSION izakomeza kandi kongera abagenerwabikorwa mu mishinga ihari no gukorera mu yindi mirenge 5 isigaye y’akarere ka NGORORERO mu gihe amatorero azaba yujuje ibisabwa.
Compassion ifite abageberwabukorwa 2686.
Ifasha abana bari mu mashuri 2542 barimo abo mu mashuli y' incuke199, mu mashuli abanza 2307, abo mu yisumbuye 23, abo muy'imyuga 9 n'abo muri kaminuza 4.
Ku nkunga ya Compassion hubatswe ikibuga cy'umupira w'amaguru 1, imyicundo (imicundebo)2, hasanwe amazu58, hubatswe inzu 42, hatanzwe ibigega by'amazi 16, ubwiherero bwiza 70, imiyoboro y'amazi 2, solar system 1, imirindankuba10. Abantu bagobotswe kubera Covid19 babonye inkunga igera kuri 2,936,400 frws. Mu myaka 5 imaze mu Karere ka Ngororero Compassion International yatanze ubufasha bufite agaciro ka 3,140,849,867frws.


IBIBAZO, IBITEKEREZO N’IBYIFUZO
1.Ikibazo cy’ibikorwaremezo nk’imihanda, amashanyarazi ,amazi,… bituma aho imishinga iri hatagerwa cyane cyane muri iki gihe cy’imvura
Akarere kasubije ko ikibazo kakizi kandi kizakemuka
2.Abana baturiye Paruwase ya EPR GASEKE muri NYANGE nta shuri ryisumbuye ribegereye
Akarere kasubije ko nabyo bibari ku mutima bizashyirwa mu ngengo y’imari
3. Ikibazo cy’abadafite ibibanza itorero rikabura uko ribafasha kubaka
Akarere kasubije ko nihabaho iteganyamigambi rihuriweho ibibanza nabyo bizashyirwamo.
4.Ikibazo cy’abana bata ishuri
Amatorero yavuze ko agiye gukaza ubufatanye mu kubasubiza mu ishuri
5.Ikibazo cy’abana batsindwa kandi barabonye ibyangombwa byose: Amatorero na COMPASSION bavuze ko bagiye kurushaho gufasha abo bana babaha inyigisho z’inyongera, banavuga ko gutsindwa biterwa n’ibintu byinshi birimo nko kuba umwana yarahuye n’ibibazo akiri mu nda ya nyina. Aha hari igisubizo cy’uko ubu COMPASSION ifite program yo kwita k'umwana akiri mu nda ya nyina.
6.Abari mu nama basabye ubuyobozi gukomeza kuba hayi umugenerwabikorwa bashyira imbaraga mu kumufasha gucunga neza ibyo ahabwa birimo n’amatungo yorozwa.
7.Abari mu nama bumvikanye ko bagomba gushyira imbaraga mu gukumira ihohoterwa ry’umwana.
8.Abari mu nama bemeranije ko akarere kazarushaho kwegera Amatorero afashwa na COMPASSION kenshi ,kubagira inama no kuborohereza mu mikorere ya buri munsi


Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…