Umurenge wa Ngororero: Ubuhamya bwa Mukasano Gaudence bwashenguye imitima ya benshi
Uyu munsi gahunda yo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yakomereje ku rwibutso rwa Ngororero mu murenge wa Ngororero.
Uwizeye Jean de Dieu wo muri Association Modeste et Innocent (AMI) yavuze ko kuba abantu bafite intimba ku mutima biyongera ari uko hakiri abantu bagifite imitima inangiye badashaka kwerekana aho imibiri y'abishwe iherereye ngo ishyingurwe mu cyubahiro.




Ubuhamya bwa Mukasano Gaudence warokotse Jenoside yakorerwe Abatutsi bwashenguye benshi. Yagarutse ku nzira y'umusaraba yanyuze we na bagenzi be ubwo bahigwaga n'abicanyi. Yabonye urwagashinyaguro bishe inzirakarengane zari kumwe nawe. Yabonye imbaga y'abatutsi batemagurwa. Yabonye n'abahambwe ari bazima.
Yavuze ku buzima bugoye babayemo mu cyahoze ari ingoro ya MRND bicwa n'inyota n'inzara. Yashimiye Inkotanyi zarokoye Abatutsi bahigwaga zikanahagarika Jenoside. Ubu yarangije masters ari kwiga PHD. Yahamagariye buri wese kurwanya yivuye inyuma ingengabitekerezo ya Jenoside no kwamaganira kure abahakana n'abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Perezida wa Ibuka Ntagisanimana Jean Claude yagarutse ku bibazo bikibangamiye imibereho myiza y'abarokotse birimo amacumbi ashaje hamwe na hamwe, imanza za gacaca zitararangizwa kimwe n'abasahuwe imitungo bakaba batarayisubizwa. Yasabye ko amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere la Ngororero yakwandikwa bidatinze.
Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe yavuze ko ubuyobozi bw'Akarere bwitaye ku gushakira ibisubizo birambye ibi bibazo byose.
Yashimiye abarokotse banze guheranwa n'agahinda ubu bakaba barateye intambwe ikomeye mu kwiyubaka.

Honorable Manirarora Annoncée yagarutse ku mibiri itaraboneka agira ati ese "izajya iboneka ari uko hari gukorwa umuhanda, mvura yatenguye ubutaka, cyangwa igihe cy'hinga". Yasabye abakinangiye imitima kwisubiraho kuko kutaranga aho imibiri iherereye ari imbogamizi ku bumwe n'ubwiyunge kuko bituma abababuze bahorana intimba ku mutima.
Yashimiye ingabo zahagaritse Jenoside avuga ko itazongera ukundi kubera Nyakubahwa Perezida wa Repubulika uri kw'isonga ry'imiyoborere myiza.
Yasabye ko urwibutso rwa Ngororero rwakubakwa neza bityo amateka yarwo akarushaho gusigasirwa.




Igikorwa cyashojwe no kunamira inzirakarengane ziruhukiye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Ngororero, hanashyingurwa mu cyubahiro imibiri yabonetse.
Uyu munsi wubahirijwe n'Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko, Perezida w'Inama Njyanama y'Akarere n'abandi bajyanama, Komite Nyobozi y'Akarere, Perezida wa Ibuka, umuyobozi wa AVEGA, abayobozi b'inzego z'umutekano zikorera mu Karere, umuyobozi wa RIC n'abandi bayobozi b'amadini n'amatorero, Perezida wa JADF abanyamabanga nshingwabikorwa b'imirenge n'imbaga y'abaturage baturutse imihanda yose by'umwiharuko abafite ababo baruhukiye mu rwibutso rwa Ngororero.
Kuri uyu wa kane tariki ya 04 Werurwe 2026, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwakomeje ubushakashatsi burimo gukorwa mu karere ka Ngororero, aho…
Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…
Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…
Kuri uyu wa mbere tariki 2/03/2026 abaye inama yo gusoza ku mugaragaro Porogaramu ya Climate Just Communities (CJC).
Yayobowe n’Umuyobozi w’Akarere…
Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose.
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…