Ngororero: RCCDN yateje intambwe igaragara abagenerwabikorwa bayo
Kuri uyu wa mbere tariki 2/03/2026 abaye inama yo gusoza ku mugaragaro Porogaramu ya Climate Just Communities (CJC).
Yayobowe n’Umuyobozi w’Akarere Bwana Christophe NKUSI.
Porogaramu ya CJC yashyizwe mu bikorwa n’Umuryango Rwanda Climate Change and Development Network (RCCDN) ku bufatanye na DUHAMIC-ADRI, baterwa inkunga na Trócaire. Ibikorwa byakorewe mu Mirenge ya Kageyo, Kavumu na Muhanda, aho ibyagezweho by’ingenzi ari ibi bikurikira:
-Kuvugurura no gusana inzu z’imiryango 233;
-Gutanga no gushyiraho rondereza 7,000 zitangiza ibidukikije
-Gushyiraho uturima tw’igikoni 60
-Kubaka hegitari 47 z’amaterasi y’indinganire na hegitari 160 z’amaterasi yikora
-Gutanga amatungo magufi 2,205
-Gutanga amagare y’abafite ubumuga 70 n’imbago zigendanwa ku bantu bafite ubumuga bw’ingingo
-Gushyiraho pepiniyeri 6 z’ibiti
-Gushinga amatsinda 18 yo kuzigama no kugurizanya
Iyi nama yitabiriwe kandi n’abayobozi b’Imirenge ndetse n’abahagarariye abagenerwabikorwa bo mu Mirenge ya Kageyo, Kavumu na Muhanda bakoranye bya hafi mu ishyirwa mu bikorwa rya Porogaramu ya CJC.
Ku ruhande rwa Porogaramu ya CJC hari Umuyobozi Mukuru w’Umushinga Bwana KAYINAMAURA Aime naho ku ruhande rwa RCCDN hari Umuyobozi wa Porogaramu, Madamu SALAMA Slyvia.
Inteko Rusange y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rw’urubyiruko mu kubaka ejo hazaza h’u Rwanda.”
Yafungu…
Ubuyobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) bagabiye inka umunani zifite agaciro ka miliyoni 10 (10,000,000 frws) imiryango y’abarokotse…
Inama yo guhuza ibikorwa byo gukumira no kurwanya indwara y’Ubushita bwo mu Kibaya cya Rift (Rift Valley Fever – RVF) yabereye mu Karere ka Ngororero,…
Habaye inama kuri Gahunda y’Akarere yo Kurandura Imirire Mibi, iyoborwa n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu…
Habaye inama ya komite mpuzabikorwa y’Akarere yabereye kuri Sitade y’Akarere ifite insanganyamatsiko igira iti: “Imiyoborere Myiza ishingiye ku…
Mu Murenge wa Ngororero no ku ruganda rw’icyayi rwa RUBAYA ruri mu Murenge wa Muhanda, itsinda riyobowe na Visi Meya Mukunduhirwe Benjamine bakoze…
Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Patrick UWIHOREYE, afatanyije n’Umuyobozi wa OSC, basuye Umurenge wa Matyazo bagirana ibiganiro…
Habaye inama y’Itsinda rishinzwe gukurikirana ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage (HSI Task Force) ku rwego rw’Akarere, iyobowe na Meya…
Kuri Stade y'Akarere ka Ngororero hasojwe imurikabikorwa ry'iminsi 3 ry'abafanyabikorwa bibumbiye muri JADF ISANGANO.
Ibyaranze igikorwa:
-…