Umurenge wa Muhanda: Bishimiye gahunda ya "Egera umuturage, umutege amatwi umufashe gukemura ibibazo afite"


Mu murenge wa Muhanda mu kagari ka Gasiza habereye inama y'abaturage bose kuri gahunda y'Akarere ya "Egera umuturage, umutege amatwi umufashe umukemurire ikibazo."Abaturage baganirijwe:
✓Ku itegeko rigenga umuryango, gukemura amakimbirane mu ngo hatisunzwe inkiko n'ubwuzuzanye mu muryango
✓Umutekano:
-Kwirinda amakimbirane yo mu ngo
-Kwirinda ubusinzi n'urugomo
-Kurwanya ubucuruzi bw'abantu(Human Trafic)
-Kurwanya ubujura buciye icyuho bw'amatungo,gutobora amazu no kwiba insinga z'amashanyarazi
-Gufatanya gufata abantu bigize ibihazi bakekwaho ubwo bujura.
-Gukumira icyaha kitaraba
-Gutangira amakuru kugihe
-Kubungabunga umutekano w'ibikorwa byagezweho no kwicungira umutekano hakorwa irondo neza.

Abaturgae banaganirijwe kuri gahunda za Leta:
✓Isuku n'isukura mungo,ku mubiri no muri centres z'ubucuruzi
✓Kurwanya imirire mibi n'igwingira ry'abana
✓Kurwanya isuri
✓Kurwanya ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro butemewe n'amategeko
✓Kwishyura ubwisungane mu kwivuza 2023-2024 na Ejo Heza
✓Gukunda umurimo no guhinga imbuto zindobanure hakoreshwa n'inyongeramusaruro
✓Kugira imihigo no kumenya kuyisobanura hagamijwe guteza imbere imibereho myiza y'abaturage

Nyuma hakiriwe ibibazo n'ibitekerezo by'abaturage bihabwa umurongo. Muri rusange abaturage bishimiye ubuyobozi bw'karer kiri iyi gahunda yo kurushaho kwegerwa, bategwa amatwi ari nako bakemurirwa ibibazo.

Umushyitsi mukuru yari Umuyobozi w'karere Bwana NKUSI Christophe waje ari kumwe n'umuyobozi w'Ingabo z'ikorera mu karere ka Ngororero na Rutsiro Major Joseph  RUHOGO, umuhuzabikorwa  wa MAJ mu Karere Madame ABANDIBANA Theresie n'Umukozi ushinzwe imikoreshereje y'ubutaka mu Karere Bwana KABAGEMA Roger. Bakiriwe n'umuyobozi w'umurenge Bwana HABAMENSHI J.Maurice ari kumwe n'uhagarariye ingabo zikorera mu murenge, DASSO Coordinator  BONANE Jean Baptiste. Inama yitabiwe kandi n'abakozi b'umurenge,inzego z'ibanze mu tugari, inkeragutabara na DASSO


Ngororero: Ubushakashatsi bwa RGB ku Ikarita y’Isuzuma ry’Imitangire ya Serivisi ku Baturage (CRC) buri gukorerwa mu mirenge.


Kuri uyu wa kane tariki ya 04 Werurwe 2026, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwakomeje ubushakashatsi burimo gukorwa mu karere ka Ngororero, aho…

Read more →

Ngororero: abanyamuryango ba koperative GERAYO AMAHORO bibukijwe gukomeza kurwanya ruswa no kuba abanyamuryango ba Ejo Heza


Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…

Read more →

Umurenge wa Muhororo: agashya "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU GIHE" kabavanye mu bukene

Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…

Read more →

Ngororero: RCCDN yateje intambwe igaragara abagenerwabikorwa bayo

Kuri uyu wa mbere tariki 2/03/2026 abaye inama yo gusoza ku mugaragaro Porogaramu ya Climate Just Communities (CJC).
Yayobowe n’Umuyobozi w’Akarere…

Read more →

Ngororero: Nyuma y'umuganda rusange hamaganywe inzoga zitujuje ubuziranenge


Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose. 
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…

Read more →

Umurenge wa Nyange: CLADHO yasuye WASH and Nutrition Club yo muri GS Nyange

Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…

Read more →

Ngororero: Abana bataye ishuli bagomba kurigarukamo bitarenze tariki 2/03/2026

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere  wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…

Read more →

Ngororero: MINEMA yatanze amahugurwa yerekeye butabazi bwihuse

Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…

Read more →

Ngororero: Inkomezabigwi zubatse igikoni cy'ishuli kijyanye n'igihe

Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…

Read more →
-->