Umurege wa Nyange: Guverineri Dushimimana yibukije abatekinisiye b'ubuhinzi guhora hafi y'abahinzi
Guverineri w'Intara y'Uburengerazuba Dr Dushimimana Lambert yatangije igihembwe cy'ihinga 2024A. Ku rwego rw'Intara y'Uburengerazuba igikorwa cyabereye mu Karere ka NGORORERO mu murenge wa Nyange ku butaka buhuje ku buso bungana na hegitari 30 mu gishanga cya Songa ahagiye guhingwa ibigori.




Nyuma yo gutera imbuto y'ibigori hakurikiyeho inteko y'abaturage: bakanguriwe gufata ubutaka neza, gukurikirana imyaka mu mirima bayirinda ibyonnyi, gufata neza amatungo magufi n'amanini.
Bibukijwe ko umutekano ariwo musingi w'ibikorwa byose basabwa kwirinda icyawuhungabanya icyo ari cyo cyose.
Mayor Nkusi: "tubashimira uburyo musigasira umutekano mwitabira umurimo; bitanga icyizere ko mwumvise gahunda yo kwigira ari nako murandura imirire mibi n'igwingira." Yashimiye Guverineri waje kwifatanya n'abaturage b'umurenge wa Nyange mu guharanira ko Akarere kose kagira ibiryo.


Guverineri Dushimimana yasabye: abatekinisiye b'ubuhinzi guhora hafi y'abaturage bakirinda kuba mu biro. Abahinzi yabasabye gushyira imbaraga mu gufata ubutaka neza no gukurikirana ibihingwa kugirango bitange umusaruro mwiza. Yanabakanguriye kugira ubwishingizi bw'ibihingwa ndetse n'amatungo kugirango biteganyirize igihe batungurwa n'ibihe bibi. Yabasabye gukomeza kwihaza mu biribwa bityo bagasezerera imirire mibi n'igwingira.
Nyuma y'Inama hari abaturage basenyewe n'ibiza n'abatishoboye bahawe amabati.
Igikorwa cyitabiriwe na Komite Nyobozi y'Akarere, abayobozi b'inzego z'umutekano zikorera mu Karere, abakozi ba RAB, abo mu ishami ry'ubuhinzi n'ubworozi, ab'umurenge wa Nyange n'abahinzi benshi bavuga ko biteze umusaruro mwiza kubera ko bahingiye ku gihe.
Kuri uyu wa kane tariki ya 04 Werurwe 2026, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwakomeje ubushakashatsi burimo gukorwa mu karere ka Ngororero, aho…
Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…
Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…
Kuri uyu wa mbere tariki 2/03/2026 abaye inama yo gusoza ku mugaragaro Porogaramu ya Climate Just Communities (CJC).
Yayobowe n’Umuyobozi w’Akarere…
Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose.
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…