Ngororero: Ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro bukorerwa mu mirenge 12 kuri 13 igize aka Karere

Abasenateri bari mu rugendo rw’akazi mu Karere ka Ngororero, aho bagenzwa no kureba uko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bwifashe muri ako Karere, ahagaragaye zimwe mu mbogamizi zikigaragara mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ubucukuzi bukaba bugikeneye kunozwa, kugira ngo habeho kubungabunga ibidukikije.

Ni igikorwa cyabaye mugitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 25 Nzeri 2023, itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.  Mureshyankwano Marie Rose bakiriwe n’umuyobozi w’Akarere Nkusi Christophe..

Abasenateri bifuje kumenya uruhare rw’inzego z’ibanze mu bucukuzi, uruhare rw’ubucukuzi mu iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage, ingamba mu kurengera ibidukikije, imbogamizi n’ingamba mu kuzikemura.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero Nkusi, yagaragaje uburyo ubuyobozi bw’Akarere bukurikirana umunsi ku wundi uko ubucukuzi bwifashe mu Karere, inyungu bufitiye abaturage no kurengera ibidukikije. Imbogamizi zibonekamo n’ingamba zo guhangana nazo.

Ku bijyanye n’imbogamizi Meya Nkusi yavuze ko abacukura babikora batazi neza ko amabuye ahari koko hakabaho gushakisha hirya no hino bangiza ibidukikije.

Hibanzwe ku bucukuzi bukorwa nta mbibi zifatika z’aho amabuye aherereye nyirizina, ugasanga imashini irimbuye ubutaka aha n’aha, yabura amabuye ikimuka bityo ibidukikije, ubuhinzi bikahazaharira yewe na ya mabuye ntaboneke.

Meya yasabye ko hakorwa ubuvugizi ubucukuzi bugakorwa ahazwi neza ko hari amabuye koko.


Indi mbogamizi ni abakozi badahagije, ariko hakomeje ubukangurambaga bwo gushishikariza abantu kwiga ibijyanye n’ubucukuzi kugira ngo u Rwanda ruzagire abakozi babifitiye ubuhanga mu bihe biri imbere nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’ Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubucukuzi bwa Mine, Peteroli na Gaze RMB.

Basabye ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubucukuzi bwa Mine, Peteroli na Gaze (RMB) bwabinonosora. Abasenateri bashimira ubuyobozi bw’Akarere uburyo bazi uko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro buhagaze basaba ko bwakorwa neza bukarushaho kuzamura imibereho myiza y’abaturage.

Ingamba zashyizweho mu kurengera ibidukikije harimo gusiba ibirombe bitagicukurwamo batera ibiti no kurwanya isuri, gukumira ubucukuzi bunyuranyije n’amategeko bukangiza n’ibidukikije, kubungabunga inkengero z’imigezi haterwa imigano…

Indi mbogamizi ni uko kompanyi nke ari zo zonyine zikora mu buryo bujyanye n’igihe ku buryo bukeneye kunozwa. Bijeje ubuvugizi mu nzego zitandukanye.


Nyuma y'ibiganiro abasenateri basuye Gatumba Mining Company NMC basobanurirwa imikorere yayo n'icyo imariye abaturage bakorana nayo. Banaganiriye n'abakozi  ku mibereho yabo mu bucukuzi ago bita Gatumba Sud mu Kagari ka Cyome n'inyungu babuvanamo.

Ikigo gishinzwe Peteroli, Mine na Gazi (RMB), ubwo kitabaga Komisiyo y’Iterambere ry’Ubukungu n’Imari PAC, mu gikorwa cyo kugenzura ibikorwa mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda ku wa Gatanu tariki 22 Nzeri 2023, Umuyobozi Mukuru wacyo Amb. Yamina Karitanyi, yatangaje ko munsi y’ubutaka bw’u Rwanda harimo toni miliyoni 112 z’amabuye y’agaciro y’ubwoko butandukanye, afite agaciro k’amadorali y’Amerika miliyari 154.

RMB ifite intego y’uko mu 2024 uru rwego ruzaba rwinjiriza igihugu miliyari 1,5 z’amadolari y’Amerika. Mu mwaka ushize uru rwego rwinjirije igihugu miliyoni 772 z’amadolari y’Amerika mu gihe mu mezi atandatu ya mbere ya 2023, u Rwanda rwohereje mu mahanga amabuye afite agaciro ka miliyoni 609 z’amadolari y’Amerika.

Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro mu Rwanda bugengwa n’itegeko ryo mu 2018 ndetse n’amabwiriza yo mu 2019.

Kugeza ubu mu Rwanda ubukucuzi butanga akazi ku bantu bagera ku bihumbi 70.

Mu mirenge 13 igize Akarere ka Ngororero, 12 yose ikorerwamo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro. Ibi bituma abaturage babonamo akazi bikabafasha kwiteza imbere.

Mu Karere kose habarirwa ibirombe 16 hakoramo abakozi 1896 barimo abagabo 1620 n’abagore 276.

Kompanyi 4 zitunganya umusaruro w’amabuye y’agaciro ku buryo bujyanye n'igihe.


Ngororero: Ubushakashatsi bwa RGB ku Ikarita y’Isuzuma ry’Imitangire ya Serivisi ku Baturage (CRC) buri gukorerwa mu mirenge.


Kuri uyu wa kane tariki ya 04 Werurwe 2026, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwakomeje ubushakashatsi burimo gukorwa mu karere ka Ngororero, aho…

Read more →

Ngororero: abanyamuryango ba koperative GERAYO AMAHORO bibukijwe gukomeza kurwanya ruswa no kuba abanyamuryango ba Ejo Heza


Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…

Read more →

Umurenge wa Muhororo: agashya "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU GIHE" kabavanye mu bukene

Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…

Read more →

Ngororero: RCCDN yateje intambwe igaragara abagenerwabikorwa bayo

Kuri uyu wa mbere tariki 2/03/2026 abaye inama yo gusoza ku mugaragaro Porogaramu ya Climate Just Communities (CJC).
Yayobowe n’Umuyobozi w’Akarere…

Read more →

Ngororero: Nyuma y'umuganda rusange hamaganywe inzoga zitujuje ubuziranenge


Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose. 
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…

Read more →

Umurenge wa Nyange: CLADHO yasuye WASH and Nutrition Club yo muri GS Nyange

Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…

Read more →

Ngororero: Abana bataye ishuli bagomba kurigarukamo bitarenze tariki 2/03/2026

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere  wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…

Read more →

Ngororero: MINEMA yatanze amahugurwa yerekeye butabazi bwihuse

Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…

Read more →

Ngororero: Inkomezabigwi zubatse igikoni cy'ishuli kijyanye n'igihe

Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…

Read more →
-->