Ngororero: Ikorwa ry’umuhanda uhuza Gatumba- Bwira- Nyange uzazahura ubuhahirane

Umuhunda uhuza Imirenge ya Gatumba, Bwira na Nyange mu Karere ka Ngororero wari warangiritse, watangiye gukorwa kuri uyu wa Kane taliki ya 13 Nyakanga 2023, bikaba bizatuma imigenderanire n’imihahirane yongera gusubira mu buryo.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero Bwana Nkusi Christophe yayoboye umuhango wo gutangiza ikorwa ry’uwo muhanda uhuza Imirenge ya Gatumba, Bwira na Nyange ufite uburebure bwa kilometero 45,  uzakorwa mu byiciro 3 ku bufatanye bw’Akarere n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gutera inkunga inzego z’ibanze LODA.

Ni umuhanda wangiritse ku buryo hari ibice byawo byari bitoroshye kugendwamo by’umwihariko mu gihe cy’imvura, ukaba warangijwe n’imvura n’inkangu kuko unyura mu misozi miremire.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero Nkusi yavuze ko umuhanda uzubakwa mu byiciro bitatu, abasaba kuwufata neza kuko uzoroshya imigenderanire n’ubuhahirane.

Ati: “Uyu muhanda uzubakwa mu byiciro 3 ariko ubu hatangiye icyiciro cya mbere, ahagiye kubakwa umuhanda ungana na kilometero 16.6, ni ukuva Rusumo mu byapa-Gitega-Gashyushya. Uyu muhanda uzabafasha kugenderanira no guhahirana, kugera ku bigo nderabuzima mutavunitse, muzawubonamo n'akazi; murasabwa kuzawubungabunga  bityo mukazawurinda kwangirika “.

Meya yanagarutse ku bikorwa by’imihigo yizeza abaturage ko amashanyarazi ndetse n’ibitaro bya Muhororo bigiye kubakwa, by’umwirihariko ibitaro bizakomeza kubakwa aho byahoze.

Yijeje abaturage ko ibizangirika byose kubera ibikorwa  ry’umuhanda bizishyurwa, anasaba abaturage bazahabwa ingurane ko amafaranga bazabonamo batazayapfusha ubusa ahubwo yabagirira akamaro.

Abaturage by’umwihariko abacuruzi bishimiye ko uwo muhanda  ugiye gutunganywa kuko ubuhahirane no kugenderana bizafata indi ntera.

Abarimo Giraso Alphonse, Mukamfura Christine, Kwigangana Laurent n’abandi bashimye ko ibyo Perezida  Paul Kagame yabasezeranyije bigerwaho, ko imvugo ye ari yo ngiro. Bishimiye kandi ko bagiye kubonamo akazi kazabafasha kwiteza imbere.

Igice cya 1 gifite uburebure bwa kilometero 16,6 kizatwara amafaranga y’u Rwanda agera kuri 1,838,315,493, kizakorwa na company Delta Two Construction Ltd.

Igice cya 2 gifite kilometero  14,3 kizatwara amafaranga y’u Rwanda miliyari 1,4, naho igice cya 3 gifite kilometero 14,6 izatwara amafaranga y’u Rwanda miliyari 1,7.

Ikorwa ry’uwo muhanda ni igikorwa cyitabiriwe n’inzego z’ubuybozi zitandukanye zirimo  Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero Nkusi Christophe, ukuriye ingabo mu Karere Lt.Col Donath Bikaba,Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge  Mukamana Soline ari kumwe n’umuhuzabikorwa wa DASSO  ku rwego rw’Umurenge wa Gatumba Nzayisenga Jean Damascene, abakozi b’uwo Murenge n’abaturage.


Ngororero: Ubushakashatsi bwa RGB ku Ikarita y’Isuzuma ry’Imitangire ya Serivisi ku Baturage (CRC) buri gukorerwa mu mirenge.


Kuri uyu wa kane tariki ya 04 Werurwe 2026, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwakomeje ubushakashatsi burimo gukorwa mu karere ka Ngororero, aho…

Read more →

Ngororero: abanyamuryango ba koperative GERAYO AMAHORO bibukijwe gukomeza kurwanya ruswa no kuba abanyamuryango ba Ejo Heza


Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…

Read more →

Umurenge wa Muhororo: agashya "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU GIHE" kabavanye mu bukene

Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…

Read more →

Ngororero: RCCDN yateje intambwe igaragara abagenerwabikorwa bayo

Kuri uyu wa mbere tariki 2/03/2026 abaye inama yo gusoza ku mugaragaro Porogaramu ya Climate Just Communities (CJC).
Yayobowe n’Umuyobozi w’Akarere…

Read more →

Ngororero: Nyuma y'umuganda rusange hamaganywe inzoga zitujuje ubuziranenge


Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose. 
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…

Read more →

Umurenge wa Nyange: CLADHO yasuye WASH and Nutrition Club yo muri GS Nyange

Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…

Read more →

Ngororero: Abana bataye ishuli bagomba kurigarukamo bitarenze tariki 2/03/2026

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere  wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…

Read more →

Ngororero: MINEMA yatanze amahugurwa yerekeye butabazi bwihuse

Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…

Read more →

Ngororero: Inkomezabigwi zubatse igikoni cy'ishuli kijyanye n'igihe

Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…

Read more →
-->