Ngororero: "Musigeho gushyira ubuzima bwanyu mu kaga no kwangiza ibidukikije" - Guverineri Ntibitura
Uyu munsi Guverineri w'Intara y'Iburengerazuba Hon. Jean Bosco Ntibitura yagiriye uruzinduko rw'akazi mu Karere ka Ngororero aho yguranye ibiganiro n'abaturage b'imirenge ya Gatumba na Muhororo.
Mu kiganiro kirambuye yagiranye nabo yabasabye gukomeza gusigasira umutekano birinda
gucukura amabuye y'agaciro ku buryo bunyuranije n'amategeko kuko bikurura umutekano muke harimo imfu no kwangiza ibidukikije.
Agaruka ku ngengabitekerezo ya Jenoside iherutse kugaragara mu Karere yibukije abaturage guca ukubiri nayo ahubwo bagakomera ku "bumwe bwacu kuko nizo mbaraga zacu."


Avuga ku bujura bw'insinga z'amashanyarazi bwagaragaye mu Karere, yasabye abaturage gutangira amakuru ku gihe abo bagizi ba nabi bagahanwa bihanukiriye kuko "bamunga itrambere ry'igihugu twese twifuza."
Abaturage banakurikiye ikiganiro ku bumwe n'ubudaheranwa bw'Abanyarwanda.
Bahawe umwanya wo gusasa inzobe n'abayobozi babaza ibibazo banagaragaza uburyo bishimiye ubuyobozi bwiza rw'Igihugu cyacu.
Nyuma Guverineri yaje kugirana inama yihariye n'abayobozi n'abavuga rikumvikana abibutsa inshingano zabo mu gushyira umuturage ku isonga.
Guverineri Ntibitura yaje aherekejwe n'abayobozi b'inzego z'umutekano ku rwego rw'Intara, yakiriwe n'Umuyobozi w'Akarere @cnkusi20 ari kumwe n'abandi bagize Komite Nyobozi y'Akarere, abayobozi b'Inzego z'Umutekano zikorera mu Karere, abayobozi b'Imirenge n'ab'amashami, abaturage b'Imirenge ya Gatumba na Muhororo.




Kuri uyu wa kane tariki ya 04 Werurwe 2026, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwakomeje ubushakashatsi burimo gukorwa mu karere ka Ngororero, aho…
Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…
Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…
Kuri uyu wa mbere tariki 2/03/2026 abaye inama yo gusoza ku mugaragaro Porogaramu ya Climate Just Communities (CJC).
Yayobowe n’Umuyobozi w’Akarere…
Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose.
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…