Ngororero: mu mudugudu ka Kansi hatewe ibiti 3000
Hakozwe umuganda rusange ngarukakwezi usoza uk'Ukwakira waranzwe no gutera ibiti bivangwa n'imyaka.
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Muhororo mu Kagari ka Sanza mu mudugudu wa Kansi ahatewe ibiti 3000 ku buso bungana na hegitari 12.
Uyu muganda wahuriranye no kwizihiza ku nshuro ya 48 umunsi mpuzamahanga wo gutera amashyamba ku nsanganyamatsiko igira iti: "Amashyamba yitaweho isi nzima."




Umuganda witabiriwe n'umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'intumwa za MINALOC zihagarariye urubyiruko rw'abakorerabushake, umuyobozi w'Ingabo mu turere twa Ngororero na Rutsiro, umuyobozi wungirije wa RIB, abakozi n'abaturage b'umurenge wa Muhororo.
VM ED Bwana Uwihoreye Patrick yakoreye umuganda mu murenge wa Kabaya,
VM Asoc Madame Mukunduhirwe Benjamine yifatanije n'abaturage b'umurenge wa Ngororero.
Nyuma y'umuganda abaturage baganirijwe kuri gahunda za Leta zirimo umutekano, isuku n'isukura, kwishyura ubwisungane mu kwivuza uburezi, kurwanya imirire mibi, gufata ubutaka neza, gahunda ya GIRA WIGIRE, kwimakaza Ubumwe n'Ubudaheranwa bw'Abanyarwanda.



Nyuma y'ibiganiro habaye amatora yo kuzuza inzego zirimo Komite Nyobozi y'Umudugudu, Komite Nyobozi y'Inama y'Igihugu y'Abagore n'iy'Urubyiruko, gutora Umujyanama rusange uhagarariye umudugudu mu kagari (aho batari), gutora biro y'Inama Njyanama y'Umudugudu
Kuri uyu wa kane tariki ya 04 Werurwe 2026, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwakomeje ubushakashatsi burimo gukorwa mu karere ka Ngororero, aho…
Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…
Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…
Kuri uyu wa mbere tariki 2/03/2026 abaye inama yo gusoza ku mugaragaro Porogaramu ya Climate Just Communities (CJC).
Yayobowe n’Umuyobozi w’Akarere…
Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose.
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…