Ngororero: Abaturage bagizweho ingaruka n'ibiza barashimira ko batabawe mu maguru mashya
Abayobozi b'inzego zitandukanye bakomeje kwegera abaturage basenyewe n'ibiza babakomeza bakanabagezaho ibikoresho by'ibanze birimo ibiryamirwa (matelas ibiringiti), inzitiramibu; ibikoresho by'isuku n'ibyo mu gikoni ndetse bakanatuzawa aho kuba hatunganye.
Bari kubashyikiriza kandi butumwa bwa Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul KAGAME bwo kubahumuriza no kubihanganisha.


Abaturage bibukijwe kugira isuku ngo batavaho bahura n'indwara zituruka ku isuku nke; banasabwa kurangwa n'imyitwarire myiza n'ubunyangamugayo.
Abaturage bose barashimira ubuyobozi bwiza bw'Igihugu cyacu uburyo bwabatabaye mu maguru mashya bubagezaho ibyo bakeneye byose. Sekaziga Celestin uri kuri site ya paroisse gatolika ya Rususa aragira ati: "abayobozi badusura buri munsi, batwitayeho batugezaho ibiribwa, ibiryamirwa n'ibikoresho by'isuku. Mukanoheri Francine uru kuri site ya paoisse ya ADEPR Mugano ati: "tubayeho neza, twabonye ibiryamirwa, ibitenge, ibiribwa kandi abana bacu bariga neza,..."


Abaturage kandi barashimira ubuyobozi bw'umudugudu uburyo bwagiye bubaburira kuva mu manegeka yashyira ubuzima bwabo mu kaga bityo bakarokora ubuzima bwabo
Muri uko kwegera abaturage Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y'Umutekano bwana Sesonga Benjamin ari kumwe na VM Fed Bwana Uwihoreye Patrick basuye ama sites mu murenge wa Matyazo;
Mayor Nkusi Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'ingabo mu Turere twa Ngororero na Rutsiro basuye abari ku ma sites y'umurenge wa Ngororero. Itsinda rya RBC ryasuye abo mu murenge wa Kavumu
Mu Karere ka Ngororero harabarurwa sites 31 zatujweho aba bazahajwe n'ibiza bari mu miryango 1153 igizwe n'abantu 2822 (gabo 1962, gore 2860). Abagore batwite 101, abonsa 197. Abantu bafite ubumuga 103, abana bafite munsi y'imyaka 5 ni 266 naho abantu bafite hejuru ya 65 ni 261.
Kuri uyu wa kane tariki ya 04 Werurwe 2026, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwakomeje ubushakashatsi burimo gukorwa mu karere ka Ngororero, aho…
Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…
Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…
Kuri uyu wa mbere tariki 2/03/2026 abaye inama yo gusoza ku mugaragaro Porogaramu ya Climate Just Communities (CJC).
Yayobowe n’Umuyobozi w’Akarere…
Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose.
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…