Ngororero Kwibohora29: Umuturage yahawe ijambo ibitekerezo bye bihabwa agaciro

Abaturage bo mu Karere ka Ngororero batangaza ko ibitekerezo by’umuturage bihabwa agaciro, akagira ijambo mu bikorwa by’iterambere bitandukanye, harimo no kubaka amashuri, abantu bagaca ukubiri n’ubujiji.

Mu Karere ka Ngororero, hatashywe ibikorwa bitandukanye bigaragaza uburyo abaturage bishimira ibyiza bamaze kugeraho mu kwizihiza Isabukuru y’imyaka 29 ishize u Rwanda rwibohoye. 

Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Nkusi Christophe ari kumwe n’itsinda yari ayoboye yafunguye ku mugararo ishuri ry’imyuga rya Runayu ryigisha ubudozi n’ububaji mu Murenge wa Muhanda.

Mu butumwa Meya Nkusi yatanze yashishikarije urubyiruko kugana iri shuri ry’imyuga ari benshi kugira ngo bahavane ubumenyi buzabafasha kwihangira umurimo, no kwirinda ingeso mbi.

Yagize ati: “Urubyiruko by’umwihariko ndabashishikariza kugana amashuri y’imyuga kuko ubumenyi muhakura buzabafasha kwihangira imirimo muce ukubiri n’ubushomeri bwabakururira kwishora mu ngeso mbi zirimo gukoresha ibiyobyabwenge, ubujura, ubusambanyi, n’ibindi”.

Ishuri ry’imyuga rya Runayu ryatwaye miliyoni 90, ryakemuye ibibazo byinshi mu rubyiruko rw’abahungu n’abakobwa birimo ubushomeri, ingeso mbi nko gufata ibiyobyabwenge.      

Abaturage bashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame ibikorwa byiza akomeje kubagezaho.

Mu murenge wa Kabaya itsinda riyobowe n’Umuyobozi w’Akarere  ka Ngororero wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Mukunduhirwe Benjamine ryatashye ibyumba by’amashuri 3 bizigirwamo n’abana b’inshuke rya Kimiramba, igikoni n’ibyumba by’ubwiherero 6.

Mu butumwa Visi Meya Mukunduhirwe yageneye abaturage harimo kubasobanurira impamvu yo kwibohora no gusubiza abana mu mashuri.

Iri shuri ry’inshuke ryakemuye ikibazo cy’abana bo mu Mudugudu wa Kimiramba batagiraga aho kwigira. Ababyeyi bashize impungenge kuko abana batazongera kwandagara igihe bagiye mu mirimo cyane ko hari ibikenerwa by’ibanze nk’igikoni n’ubwiherero.

Hategekimana Bernard utuye mu Mudugudu wa Kimiramba, Akagari ka Nyenyeri, Umurenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero yavuze ko icyo kigo  gishyashya kiri ari ahantu   hatari amashuli, none abana bakaba baruhutse urugendo rurerure bakoraga. Iki gikorwa ngo kikaba ari kimwe muri byinshi bugaragaza ko bibohoye.

Yagize ati: “Aha nta mashuri yari ahari, abana bajyaga Kageshi, abandi bakajya Kinanira cyangwa Mubugu; ariko ababyeyi bo muri aka gace, ubu barahamya ko bari gusarura imbuto mu byerekeye kwibohora, kuko muri Leta ya mbere nta muturage wagiraga ijambo ngo abe yavuga ngo hano tuhakeneye ishuli, ibibazo byavaga hejuru bikamanuka bavuga ngo ahangaha tuzahubaka ishuri.

Ariko ubu ibibazo bisigaye biva hasi bikazamuka ari byo bigaragaza kwibohora, biva hasi bikagera hejuru, ahubwo bakareba bati ba baturage ba hariya hasi bakeneye iki? Icyo kintu abaturage bakeneye akaba ari cyo bamanuka baza gutera inkunga n’uruhare rw’abaturage  rukagaragaramo”.

Yongeyeho ati: “Kwibohora ni icyo bimaze kuko mbere umuturage ntiyavugaga ngo azatekereza ku gikorwa cy’ishuri, byabaga ari ibya Leta, gusabiriza Leta. […] ariko ubu abaturage ni bo bagira uruhare mu bikorwa, Leta ikareba ibyo badashoboye ikabibateramo inkunga”.

Hatashywe andi inzu 28 zubakiwe abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, inzu 32 zasanwe nyuma y'uko zari zangijwe n'ibiza n'ibindi byumba by'amashuri 12 n'izindi nyubako zirimo iikoni n'ubwiherero.

KWIBOHORA 29 MU MAFOTO


Ngororero: Ubushakashatsi bwa RGB ku Ikarita y’Isuzuma ry’Imitangire ya Serivisi ku Baturage (CRC) buri gukorerwa mu mirenge.


Kuri uyu wa kane tariki ya 04 Werurwe 2026, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwakomeje ubushakashatsi burimo gukorwa mu karere ka Ngororero, aho…

Read more →

Ngororero: abanyamuryango ba koperative GERAYO AMAHORO bibukijwe gukomeza kurwanya ruswa no kuba abanyamuryango ba Ejo Heza


Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…

Read more →

Umurenge wa Muhororo: agashya "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU GIHE" kabavanye mu bukene

Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…

Read more →

Ngororero: RCCDN yateje intambwe igaragara abagenerwabikorwa bayo

Kuri uyu wa mbere tariki 2/03/2026 abaye inama yo gusoza ku mugaragaro Porogaramu ya Climate Just Communities (CJC).
Yayobowe n’Umuyobozi w’Akarere…

Read more →

Ngororero: Nyuma y'umuganda rusange hamaganywe inzoga zitujuje ubuziranenge


Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose. 
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…

Read more →

Umurenge wa Nyange: CLADHO yasuye WASH and Nutrition Club yo muri GS Nyange

Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…

Read more →

Ngororero: Abana bataye ishuli bagomba kurigarukamo bitarenze tariki 2/03/2026

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere  wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…

Read more →

Ngororero: MINEMA yatanze amahugurwa yerekeye butabazi bwihuse

Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…

Read more →

Ngororero: Inkomezabigwi zubatse igikoni cy'ishuli kijyanye n'igihe

Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…

Read more →
-->