Ngororero: urubyiruko rwiyemeje kugera ikirenge mu cy'Intwari

Ku nsanganyamatsiko igira iti:  "Ubutwari mu Banyarwanda, agaciro kacu" umunsi mukuru w'Intwari wizihirijwe ku gicumbi cy'intwari ku rwego rw'Akarere.
Ni mu murenge wa Nyange aho Intwari z'IMENA z'abana bigaga mw'ishuli rikuru ry'i Nyange banze kwitandukanya bakurikije ubwoko nk'uko babisabwaga n'abicanyi bagahitamo kwimakaza  ubunyarwanda.

Umuyobozi w'akarere n'abakuru b'inzego z'umutekano bunamira Intwari
Umunsi watangijwe no kunamira Intwari hashyirwa indabo ku gicumbi cyazo, wanaranzwe n'ibirori n'ubutumwa burata ubutwari bw'abanyarwanda bitangiye u Rwanda. Mu ndirimbo, imbyino n' imivugo abato n'abakuru bagarutse ku butwari bw'abitangiye igihugu by'umwihariko urubyiruko rurahirira gukurikiza urugero rwa bakuru babo baruhukiye ku gicumbi cy'Intwari z'IMENA aho i Nyange
Umuyobozi w'ingabo mu turere twa Ngororero na Rutsiro Lt Col Ndengeyinka John yabwiye abitabiriye ibirori by'umwihariko urubyiruko ko igihe hizihizwa uyu munsi buri wese agomba kongera kuzirikana uburyo bwo kugera ikirenge mu cy'intwari

                                        Urubyiruko rwarahiriye kugera ikirenge mu cya bakuru babo
Mu butumwa yatanze umuyobozi w'Akarere Bwana NDAYAMBAJE Godefroid wari umushyitsi mukuru muri ibi birori yagarutse ku ndangagaciro zigomba kuranga intwari zirimo gukunda igihugu no kucyitangira. Yagarutse ku butwari bw'Intwari z'IMENA z'abanyeshuli b'i Nyange asaba urubyiruko gufata urugero rwiza rwaziranze. Umunsi wizihijwe kandi n'abayobozi b'inzego z'umutekano mu Karere, bamwe mu ntwari z'IMENA, abakozi b'Akarere, Padiri mukuru wa Paroisse ya  Nyange n'abaturage biganjemo urubyiruko rwo mu mashuli abanza n'ayisumbuye. Umunsi washojwe n'ubusabane.

                         KWIZIHIZA UMUNSI W'INTWARI MU MAFOTO


Umurenge wa Nyange: CLADHO yasuye WASH and Nutrition Club yo muri GS Nyange

Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…

Read more →

Ngororero: Abana bataye ishuli bagomba kurigarukamo bitarenze tariki 2/03/2026

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere  wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…

Read more →

Ngororero: MINEMA yatanze amahugurwa yerekeye butabazi bwihuse

Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…

Read more →

Ngororero: Inkomezabigwi zubatse igikoni cy'ishuli kijyanye n'igihe

Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…

Read more →

Ngororero: abanyamuryango ba PSF bihaye ukwezi bakaba barangije kwishyura imisanzu.

Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama  nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…

Read more →

Ngororero: Ibibazi bikibangamiye imibereho myiza y'abaturage bikomeje gushakirwa ibisubuizo

Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…

Read more →

Ngororero: Abaveterineri biyemeje gushyira umworozi ku isonga

Umuyobozi w'Akarere  Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…

Read more →

Umurenge wa Kabaya: "Ikinyarwanda ni ururimi ruduhuza tukivuge, tucyandike neza"- Guverineri Ntibitura

Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…

Read more →

Umurenge wa Ngororerowegukanye ibikombe 2 (gore, gabo) mu marushanwa y'UCP

Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…

Read more →
-->