Ngororero: urubyiruko rwiyemeje kugera ikirenge mu cy'Intwari
Ku nsanganyamatsiko igira iti: "Ubutwari mu Banyarwanda, agaciro kacu" umunsi mukuru w'Intwari wizihirijwe ku gicumbi cy'intwari ku rwego rw'Akarere.
Ni mu murenge wa Nyange aho Intwari z'IMENA z'abana bigaga mw'ishuli rikuru ry'i Nyange banze kwitandukanya bakurikije ubwoko nk'uko babisabwaga n'abicanyi bagahitamo kwimakaza ubunyarwanda.


Umuyobozi w'akarere n'abakuru b'inzego z'umutekano bunamira Intwari
Umunsi watangijwe no kunamira Intwari hashyirwa indabo ku gicumbi cyazo, wanaranzwe n'ibirori n'ubutumwa burata ubutwari bw'abanyarwanda bitangiye u Rwanda. Mu ndirimbo, imbyino n' imivugo abato n'abakuru bagarutse ku butwari bw'abitangiye igihugu by'umwihariko urubyiruko rurahirira gukurikiza urugero rwa bakuru babo baruhukiye ku gicumbi cy'Intwari z'IMENA aho i Nyange
Umuyobozi w'ingabo mu turere twa Ngororero na Rutsiro Lt Col Ndengeyinka John yabwiye abitabiriye ibirori by'umwihariko urubyiruko ko igihe hizihizwa uyu munsi buri wese agomba kongera kuzirikana uburyo bwo kugera ikirenge mu cy'intwari


Urubyiruko rwarahiriye kugera ikirenge mu cya bakuru babo
Mu butumwa yatanze umuyobozi w'Akarere Bwana NDAYAMBAJE Godefroid wari umushyitsi mukuru muri ibi birori yagarutse ku ndangagaciro zigomba kuranga intwari zirimo gukunda igihugu no kucyitangira. Yagarutse ku butwari bw'Intwari z'IMENA z'abanyeshuli b'i Nyange asaba urubyiruko gufata urugero rwiza rwaziranze. Umunsi wizihijwe kandi n'abayobozi b'inzego z'umutekano mu Karere, bamwe mu ntwari z'IMENA, abakozi b'Akarere, Padiri mukuru wa Paroisse ya Nyange n'abaturage biganjemo urubyiruko rwo mu mashuli abanza n'ayisumbuye. Umunsi washojwe n'ubusabane.
KWIZIHIZA UMUNSI W'INTWARI MU MAFOTO








![]()

GS Muhororo yo mu Murenge wa Gatumba yizihije Yubile y'imyaka 75 imaze ishinzwe.
Uyu muhango witabiriwe n’abashyitsi batandukanye. Ubuyobozi bw’Akarere…
Uruzinduko rw' Intumwa za rubanda mu Karere ka Ngororero muri gahunda yo guteza imbere ibikorwa by'ubuhinzi n'ubworozi hagamijwe gukangurira abahinzi…
Itsinda ry'Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko riyobowe na Hon. Pie Mugabo batangiye uruzinduko rw'akazi mu Karere ka Ngororero.
Ku munsi wa mbere…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakiriye Umuyobozi Mukuru w'Ikigo cy'Ihihugu cy'Indangamuntu (NIDA) Madamu Mukesha Josephine n'itsinda…
Mu Karere ka Ngororero ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 birakomeje.
Uyu munsi habaye ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32…
Ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Nyange habereye igikorwa cyo kwibuka IMIRYANGO YAZIMYE muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
…
Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe imicungire y'ibiza / Distrct Disaster Management Committee…
Mu Bitaro by'akarere bya Kabaya habereye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hibukwa abaganga, abarwayi ndetse…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama nyunguranabitekerezo yo kwakira umufatanyabikorwa…