Ngororero: Ubwisanzure bw'umuturage mu kugira uruhare mu igenamigambi, ingengo y'imari n'imihigo bugeze ku kigero gishimishije
Hatangijwe ukwezi kwahariwe uruhare rw'umuturage mu igenamigambi, ingengo y'imari n'imihigo.
Ku rwego rw'Akarere byabereye mu Murenge wa Hindiro aho abaturage bagaragaje ko bagifite inyota ku bikorwa remezo bitaragera hose birimo amazi meza, amashanyarazi n'imihanda.
Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe yagaragaje uburyo ibyifuzo n'ibitekerezo 128 by'abaturage byashyizwe mu bikorwa ku kigero cya 79%.
Yavuze ko kuba hari ibyifuzo bitashyizwe mu bikorwa hari ibyatewe n'ibiza byabaye imbogamizi kuko ingengo y'imari yagombaga kujya mu bikorwa yagiye mu gusana ibyangijwe n'ibiza byagiye byibasira Akarere ku buryo butunguranye.
Yongeyeho ko hagiye hanatoranywa ibifite uburemere kurusha ibindi. Aha yijeje abaturage ko ibyasigaye bizashyirwa mu bikorwa uko ubushobozi buzagenda buboneka.
Meya Nkusi yanagaragaje incamake y'ibikorwa binini biteganijwe mu myaka 5 iri imbere birimo gukwirakwiza amazi n'amashanyarazi aho ataragera, kubaka imihanda yoroshya ubuhahirane no kugeza umusaruruo ku isoko, kubaka ibiro by'Akarere bijyanye n'igihe mu rwego rwo gutanga serivisi zinoze, utugari twose tuzaba dufite aho gukorera heza, kurandura burundu igwingira n'imirire mibi mu bana, kurengera ibidukikije, kwimakaza ikoranabuhanga muri gahunda ya byikorere.




Umuyobozi w'Ihuriro ry'abafatabyabikorwa JADF Isangano yavuze ko abafatanyabikorwa batazahwema gufatanya n'Akarere mu iterambere ndetse ko ingengo y'imari izagenda yiyongera buri mwaka.
Visi Perezida w'Inama Njyanama y'Akarere Bwana Sebazungu Modeste yashimiye intambwe abaturage bateye mu kugira uruhare my buzima bw'Akarere. Yavuze ko Inama Njyanama y'Akarere izahora izirikana uburyo umuturage yahora ku isonga no kugira uruhare mu gufata ibyemezo bimureba.
Intumwa ya Minaloc yagarutse ku ruhare rw'abaturage mu igenamigambi, ingengo y'imari n'imihigo. Yavuze ko intambwe imaze guterwa ari nziza asaba abaturage gukomeza gukurikurana ko ibitekerezo batanze byashyizwe mu bikorwa.
Guverineri @RwandaWest @DushimimanaL yashimiye abaturage intambwe bamaze gutera mu bwisanzure bwo kwerekana aho bifuza kugana rw'iterambere. Ati ibi tubikesha ubuyobozi bwiza bw'igihugu cyacu bwashyize umuturage ku isonga. Yabasabye gusigasira ibyagezweho kuko bo ubwabo babigizemo uruhare.
Igikorwa kizakomeza kugeza tariki 30/11/2024; cyitabiriwe n'abayobozi b'inzego z'umutekano ku rwego rw'Intara n'Akarere, abayobozi n'abaturage b'Imirenge ya Hindiro na Matyazo.


Ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 birakomeje mu Karere ka Ngororero. Uyu munsi habaye igikorwa cyo kunamira…
Nyakubahwa Minisitiri w'Intebe Dr Justin Nsengiyumva yaje kwiftanya n'abatuye Akarere Ngororero mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside…
Kuri uyu mugoroba ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ngororero habereye umugoroba wo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu…
Mu Karere ka Ngororero ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 byakomereje ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi…
Gutangiza icyumweru cy'icyunamo n'minsi 100 y'ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 byabereye mu midugudu yose igize…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, ari kumwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu, Bwana UWOHOREYE N. Patrick,…
Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe yakiriye indahiro z'abahesha b'inkiko batari ab'umwuga na ba noteri ba Leta 17 bakorera mu ifasi…
Ku wa 4 Werurwe 2026, mu Karere ka Ngororero habereye irushanwa ryiswe “Gera ku Ntego Business Competition 2026”, ryabereye kuri Kabaya Telecenter –…
Perezida wa DPMC (Komite Ishinzwe Gucunga Imishinga ku Rwego rw’Akarere), akaba n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana…