Ngororero: Ubwisanzure bw'umuturage mu kugira uruhare mu igenamigambi, ingengo y'imari n'imihigo bugeze ku kigero gishimishije
Hatangijwe ukwezi kwahariwe uruhare rw'umuturage mu igenamigambi, ingengo y'imari n'imihigo.
Ku rwego rw'Akarere byabereye mu Murenge wa Hindiro aho abaturage bagaragaje ko bagifite inyota ku bikorwa remezo bitaragera hose birimo amazi meza, amashanyarazi n'imihanda.
Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe yagaragaje uburyo ibyifuzo n'ibitekerezo 128 by'abaturage byashyizwe mu bikorwa ku kigero cya 79%.
Yavuze ko kuba hari ibyifuzo bitashyizwe mu bikorwa hari ibyatewe n'ibiza byabaye imbogamizi kuko ingengo y'imari yagombaga kujya mu bikorwa yagiye mu gusana ibyangijwe n'ibiza byagiye byibasira Akarere ku buryo butunguranye.
Yongeyeho ko hagiye hanatoranywa ibifite uburemere kurusha ibindi. Aha yijeje abaturage ko ibyasigaye bizashyirwa mu bikorwa uko ubushobozi buzagenda buboneka.
Meya Nkusi yanagaragaje incamake y'ibikorwa binini biteganijwe mu myaka 5 iri imbere birimo gukwirakwiza amazi n'amashanyarazi aho ataragera, kubaka imihanda yoroshya ubuhahirane no kugeza umusaruruo ku isoko, kubaka ibiro by'Akarere bijyanye n'igihe mu rwego rwo gutanga serivisi zinoze, utugari twose tuzaba dufite aho gukorera heza, kurandura burundu igwingira n'imirire mibi mu bana, kurengera ibidukikije, kwimakaza ikoranabuhanga muri gahunda ya byikorere.




Umuyobozi w'Ihuriro ry'abafatabyabikorwa JADF Isangano yavuze ko abafatanyabikorwa batazahwema gufatanya n'Akarere mu iterambere ndetse ko ingengo y'imari izagenda yiyongera buri mwaka.
Visi Perezida w'Inama Njyanama y'Akarere Bwana Sebazungu Modeste yashimiye intambwe abaturage bateye mu kugira uruhare my buzima bw'Akarere. Yavuze ko Inama Njyanama y'Akarere izahora izirikana uburyo umuturage yahora ku isonga no kugira uruhare mu gufata ibyemezo bimureba.
Intumwa ya Minaloc yagarutse ku ruhare rw'abaturage mu igenamigambi, ingengo y'imari n'imihigo. Yavuze ko intambwe imaze guterwa ari nziza asaba abaturage gukomeza gukurikurana ko ibitekerezo batanze byashyizwe mu bikorwa.
Guverineri @RwandaWest @DushimimanaL yashimiye abaturage intambwe bamaze gutera mu bwisanzure bwo kwerekana aho bifuza kugana rw'iterambere. Ati ibi tubikesha ubuyobozi bwiza bw'igihugu cyacu bwashyize umuturage ku isonga. Yabasabye gusigasira ibyagezweho kuko bo ubwabo babigizemo uruhare.
Igikorwa kizakomeza kugeza tariki 30/11/2024; cyitabiriwe n'abayobozi b'inzego z'umutekano ku rwego rw'Intara n'Akarere, abayobozi n'abaturage b'Imirenge ya Hindiro na Matyazo.


Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…