Ngororero: "Dukomeze kwamaganire kure ingengabitekerezo ya Jenoside"- Meya Nkusi
Kuri uyu mugoroba ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ngororero habereye umugoroba wo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.)
Ni igikorwa cyitabiriwe n'abagize Komite Nyobozi y'Akarere, abayobozi b'Inzego z'Umutekano zikorera mu Karere, bamwe mu bajyanama mu Nama Njyanama y'Akarere, abayobozi n'abaturage b'umurenge wa Ngororero.
Igikorwa cyatangijwe no gufata umunota wo kwibuka inzirakarengane zazize uko zaremwe, hakurikiraho gucana urumuri rw'Icyizere rwenyegejwe n'Umuyobozi w'Akarere @cnkusi20 ari kumwe na Perezida wa Ibuka mu Karere ka Ngororero. Abitabiriye uyu mugoroba bakurikiye ikiganiro kijyanye no Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bumva ubuhamya bw'uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n'ijambo rya Perezida wa IBUKA mu murenge wa Ngororero wasabye ababa bszi aho imibiri y'inzirakarengane iiherereye kuherekana igashyingurwa mu cyubahiro. Nyuma bateze amatwi impanuro zatanzwe n'Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe wahamagariye abitabiriye uyu mugoroba kwamaganira kure ingengabitekerezo ya Jenoside no gufata mu mugongo abarokotse hirindwa icyatoneka ibikomere bafite.
Nyakubahwa Minisitiri w'Intebe Dr Justin Nsengiyumva yaje kwiftanya n'abatuye Akarere Ngororero mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside…
Kuri uyu mugoroba ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ngororero habereye umugoroba wo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu…
Mu Karere ka Ngororero ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 byakomereje ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi…
Gutangiza icyumweru cy'icyunamo n'minsi 100 y'ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 byabereye mu midugudu yose igize…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, ari kumwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu, Bwana UWOHOREYE N. Patrick,…
Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe yakiriye indahiro z'abahesha b'inkiko batari ab'umwuga na ba noteri ba Leta 17 bakorera mu ifasi…
Ku wa 4 Werurwe 2026, mu Karere ka Ngororero habereye irushanwa ryiswe “Gera ku Ntego Business Competition 2026”, ryabereye kuri Kabaya Telecenter –…
Perezida wa DPMC (Komite Ishinzwe Gucunga Imishinga ku Rwego rw’Akarere), akaba n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana…
Uyu munsi kuwa 31/03/2026 habaye inama y’Umushinga w’Urubyiruko mu Kwihangira Imirimo mu buhinzi (YEA-R), iyobowe n’Umuyobozi w’Ishami ry’Ubuhinzi…