Guca ubuzererezi mu bana b'u Rwanda birasaba uruhare rwa buri wese
Umuyobozi wungirije w'Ikigo cy'igihugu cy'igororamuco Rtd CP Twahirwa Faustin yatangije
ubukangurambaga bwo kurwanya ubuzererezi mu murenge wa Kabaya.
Yavuze ko kurwanya ubuzererezi ari urugamba rusaba uruhare rwa buri wese mu kurinda abana b'u Rwanda ubuzererezi. Ati Igihugu cyacu kimenyereye kwishakamo ibisubuzo; ikibazo cy'abana b'inzererezi sicyo cyananirana.
Ababyeyi basabwe gushyira abana mw'ishuli, kubarinda imirimo mibi ibakoreshwa no kwirinda amakimbirane mu ngo kuko biri mu mpamvu nyamukuru zituma abana bata imiryango yabo bakajya mu muhanda.
Bamwe mu babyeyi batunzwe agatoki ko bagaragaza intege nke n'uburangarentibite ku bana babo ngo bashake ibisubuzo by'ibibazo bafite. Ibyo bigatuma abana bahitamo kwishakira ibusubizo uko babyumva biroha mu biyobyabwenge cyangwa mu buraya. .
Ingaruka: bahinduka ibihazi bagatera umutekano muke ku muryango, abaturanyi no ku gihugu muri rusange.
Bigira n'ingaruka ku buzima kuko ubuzererezi bukwirakwiza indwara zitandukanye. Ibi bibazo byose birazwi mu masibo dutuyemo niyo mpamvu buru wese agomba kugira uruhare mu kubikemura
Ubuzererezi kandi bugira ingaruka ku bukungu. Kwita ku inzererezi ziri mu bigo ngororamuco nka Iwawa, Transit centers bitwara amafaranga menshi ku ngengo y'imali y'igihugu. Aya mafaranga yagakoreshejwe mu bikorwa byo guteza imbere abaturage. Niyo mpamvu buri wese agomba kugira uruhare mu gushaka umuti w'iki kibazo. Igisubizo nyacyi nuko buri wese abigira ibye twese "tukajyanamo."
Inama yatumiwemo inshuti z'Umuryango, avajyanama b'ubuzima abarimu mu mashuli abanza n'ay'isumbuye, urubyiruko rw'abakorerabushake n'ababyeyi.
Umuyobozi w'Akarere bwana Ndayambaje Godefroid yavuze kk byiza byo kuva mu buzererezi atanga urugero rw'abasore n'inkumi babicitseho ubu bakaba babayeho neza.
Umuyobozi w'inkeragutabara yavuze ko abana bagomba kwitabwaho kuko nibo Rwanda rw'ejo n'umutekano warwo.
Abari mu nama bagejejweho aho Akarere ka Ngororero kageze karwanya ubuzererezi. Hifashishijwe guhuza abana b'inzererezi n'imiryango yabo no kubaha ibikoresho by'ishuli. Akarere gafite ikigo cy'igororamuco gifasha mu guha abana bo mu mihanda uburere mboneragihugu.
Kugirango ikibazo cy'ubuzererezi gicike burundu hateganijwe gushyiraho igororamuco rishingiye ku muryango (Community based rehabilitation).
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSIChristophe yayoboye inama yo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya Veterinary Sanitary Mandate (VSM) mu Karere ka…
Mu mirenge yose Intore z' Inkomezabigwi icyiciro cya 13 bashoje ibikorwa by'urugerero rudaciye ingando bakoreye mu tugari mu gihe cy'iminsi 30.…
Umurenge wa Ngororero wegukanye ibikombe (gore, gabo) mu marushanwa y'Umurenge Kagame Cup 2026.Mu mikino y'umupira w'amaguru mu gice cy'rangiza ikipe…