Ubushakashatsi bwagaragaje ko abagore bagira isuku kurusha abagabo
Ubukangurambaga ku isuku n’isukura ni uburyo bwo gukangurira abaturage kugira umuco wo kwita ku isuku mu buzima bwabo bwa buri munsi hagamijwe kubungabunga ubuzima bwabo.
Isuku y’umuntu kugiti cye (Personal hygiene) ni ingenzi kandi bifite uruhare rukomeye mu kurwanya indwara nyinshi zirimo n’inzoka zo munda zinjira mu mubiri w’umuntu zinyuze mu ruhu (Skin penetration).
Mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’isuku nke no kwirinda indwara z’inzoka zo mu nda kwambara inkweto no kugira isuku y’umuntu kugiti cye ni zimwe mu ngamba zafasha mu kurwanya indwara zituruka ku mwanda harimo n’inzoka zo mu nda.
Ni muri urwo rwego muri ubu bukangurambaga ku bufatanye na SEIRA Community Church, akarere ka Ngororero kateguye ubukangurambaga bw’isuku no kwibutsa abaturage akamaro ko kwambara inkweto aho bari hose muri gahunda yo kunoza isuku mu baturage b’Akarere ka Ngororero.


Abitabiriye ubukangurambaga baganirijwe ku ngingo zikurikira:
Igisobanuro cy’isuku y’umuntu ku giti cye
Imyumvire idakwiye ishobora kubangamira ikorwa ry’isuku y’umuntu ku giti cye
Impamvu tugomba kwambara inkweto aho turi hose
Isuku y’umuntu ku giti cye ni iki?
Iyo tuvuze isuku y’umuntu ku giti cye tuba tuvuze ibikorwa bimurinda indwara bikanamugaragaza neza mu bandi. Aha twavuga : gukaraba intoki, koza amenyo, kogosha imisatsi, guca inzara, isuku y’amatwi n’amazuru ndetse n’isuku y’imyenda.
Imyumvire idakwiye ishobora kubangamira ikorwa ry’isukuny’umuntu ku giti cye:
Imyumvire ikurikira ikwiye guhinduka mu rwego rwo kunoza isuku y’umuntu kugiti cye.
Ese bitwaye iki kuba umuntu yabaho adakoze isuku kugiti cye?
-Ubushakashatsi bugaragaza ko 4% by’abantu bose bapfa ku isi baba bishwe n’impamvu zifitanye isano no kuba bararangwagwaho isuku nke yo kumubiri (urugero: Amavunja)
- Ubushakashatsi bugaragaza ko 5.7% by’abatuye isi bafite ubumuga buhoraho buturuka ku kuba bararanzweho n’isuku nke ku mubiri (urugero: imidido cg ibitimbo).
-Ubushakashatsi bugaragaza ko abagore 84,4% bakora isuku y’umuntu ku giti cye mugihe abagabo ari 68,6%
Kuki tugomba kwambara inkweto?
Inkweto ziturinda byinshi harimo indwara, ibikomere n’utunyabutabire karemano dutera imidido.
Indwara z’inzoka zo mu nda nka Ancylostome, Nectar, Trichiura na Ascaris (inzoka bita runwa) zinjira mu mubiri w’umuntu zinyuze mu ruhu cyangwa mu kirenge. Umuntu uzirwaye yituma kugasozi imvura yagwa igakwirakwiza ayo magi akazagera igihe akituraga akavamo utuyoka duto cyane (larvae) dutegereje kwinjira mu muntu.


Utu tuyoka dutegerereza kwinjira mu muntu turi mu butaka cyangwa mu byatsi. Utu tuyoka akenshi twinjira mu muntu binyuze mu kirenge cy’umuntu utambaye inkweto tukajya mu miyoboro y’amaraso tukerekeza mu bihaha tukahakurira umuntu yakorora tukajya mu ruhohogohogo maze umuntu akatumira nyuma yo gukorora ubwo tukagera mu mara dutyo ari naho ziturira zikanyunyuza umuntu. Izi nzoka ntizigombera kuba umuntu afite igisebe cyangwa igikomere ngi zibone aho zinjirira, ubwazo zitobora uruhu zikinjira.
Utunyabutabire karemano dutera imidido.
Utu ni utunyabutabire tuba mu butaka bw’ahantu ibirunga byigeze kuruka tugenda twinjira mu kirenge. Iyo umuntu amaze igihe kirekire akandagira ahantu hari utwo tunyabutabire nta nkweto yambaye tugenda twangiza utunyangingo tw’umubiri ku kirenge bigatuma ibirenge bigenda bibyimba gahoro gagoro kugeza ubwo umuntu agaragayeho indwara y’imidido.
Zimwe mu ngaruka z’inzoka zo mu nda
Kuruka
Impiswi
Kugira isesemi
Kuribwa mu nda
Kwishimagura
Kugira umuriro
Kubura amaraso
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima rigaragaza ko 30% by’abatuye isi isi banduye indwara y’inzoka zo mu nda, muri bo 50% babarizwa muri Africa yo munsi y’ubutayu bwa Sahara kandi bakaba bakunze kwandura inzoka zo mu nda zinjira zinyuze mu ruhu kurusha izinjira mu bundi buryo; mu gihe mu bihugu byateye imbere usanga bandura inzoka zinjira biturutse ku biribwa byanduye. Ikunze kugaragara kurusha izindi ikaba ari Giardia Lambria kuri 30% by’abazanduye bose mur ibyo bihugu.
Byateguwe na
NIZEYIMANA Fidele: Umukozi w'Ibitaro by'Akarere bya Muhororo ushinzwe isuku no kurinda ubwandu (hygiene and infections control.)

Hamwe n’Itsinda ry'Ihuriro Nyafurika ry'Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko baharanira kurwanya Ruswa (African Parliamentarians Network Against…
Abaturage bashoboye kwishakamo ibisubizo: mu Murenge wa Muhororo habonetse urugero rw'ibishoboka: Agashya kiswe "NDANDATA NKURANDATE TUGERANEYO KU…
Umuganda ngarukakwezi usoza ukwa Gashyantare wabereye mu mirenge yose.
Ku rwego rw'Akarere wabereye mu murenge wa Bwira aho umuyobozi w'Akarere…
Mu rwego rwa gahunda y'Ijwi ry'Umuturage mu bimukorerwa, Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakoreye mu Murenge wa Nyange aho yari kumwe…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukunduhirwe…
Uyu munsi habaye amahugurwa yerekeye ubutabazi bwihuse ku bagwiririwe b'ibiza yatanzwe n’itsinda riturutse muri Minisiteri ishinzwe Ibikorwa…
Itsinda rigizwe na Bwana KABANDA RUSANGIZA Jean Marie Vianney, Umukorerabushake mu rubyiruko ushinzwe Community Policing muri Minisiteri y’Ubutegetsi…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yayoboye inama nyunguranabitekerezo ngarukamwaka ihuza Ubuyobozi bw'Akarere n'Abikorera.
Inama yunguranye…
Umuyobozi w’Akarere Bwana NKUSI Christophe, afatanyije na Visi Meya ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Madamu MUKUNDUHIRWE Benjamine yayoboye inama…