Ubushakashatsi bwagaragaje ko abagore bagira isuku kurusha abagabo
Ubukangurambaga ku isuku n’isukura ni uburyo bwo gukangurira abaturage kugira umuco wo kwita ku isuku mu buzima bwabo bwa buri munsi hagamijwe kubungabunga ubuzima bwabo.
Isuku y’umuntu kugiti cye (Personal hygiene) ni ingenzi kandi bifite uruhare rukomeye mu kurwanya indwara nyinshi zirimo n’inzoka zo munda zinjira mu mubiri w’umuntu zinyuze mu ruhu (Skin penetration).
Mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’isuku nke no kwirinda indwara z’inzoka zo mu nda kwambara inkweto no kugira isuku y’umuntu kugiti cye ni zimwe mu ngamba zafasha mu kurwanya indwara zituruka ku mwanda harimo n’inzoka zo mu nda.
Ni muri urwo rwego muri ubu bukangurambaga ku bufatanye na SEIRA Community Church, akarere ka Ngororero kateguye ubukangurambaga bw’isuku no kwibutsa abaturage akamaro ko kwambara inkweto aho bari hose muri gahunda yo kunoza isuku mu baturage b’Akarere ka Ngororero.


Abitabiriye ubukangurambaga baganirijwe ku ngingo zikurikira:
Igisobanuro cy’isuku y’umuntu ku giti cye
Imyumvire idakwiye ishobora kubangamira ikorwa ry’isuku y’umuntu ku giti cye
Impamvu tugomba kwambara inkweto aho turi hose
Isuku y’umuntu ku giti cye ni iki?
Iyo tuvuze isuku y’umuntu ku giti cye tuba tuvuze ibikorwa bimurinda indwara bikanamugaragaza neza mu bandi. Aha twavuga : gukaraba intoki, koza amenyo, kogosha imisatsi, guca inzara, isuku y’amatwi n’amazuru ndetse n’isuku y’imyenda.
Imyumvire idakwiye ishobora kubangamira ikorwa ry’isukuny’umuntu ku giti cye:
Imyumvire ikurikira ikwiye guhinduka mu rwego rwo kunoza isuku y’umuntu kugiti cye.
Ese bitwaye iki kuba umuntu yabaho adakoze isuku kugiti cye?
-Ubushakashatsi bugaragaza ko 4% by’abantu bose bapfa ku isi baba bishwe n’impamvu zifitanye isano no kuba bararangwagwaho isuku nke yo kumubiri (urugero: Amavunja)
- Ubushakashatsi bugaragaza ko 5.7% by’abatuye isi bafite ubumuga buhoraho buturuka ku kuba bararanzweho n’isuku nke ku mubiri (urugero: imidido cg ibitimbo).
-Ubushakashatsi bugaragaza ko abagore 84,4% bakora isuku y’umuntu ku giti cye mugihe abagabo ari 68,6%
Kuki tugomba kwambara inkweto?
Inkweto ziturinda byinshi harimo indwara, ibikomere n’utunyabutabire karemano dutera imidido.
Indwara z’inzoka zo mu nda nka Ancylostome, Nectar, Trichiura na Ascaris (inzoka bita runwa) zinjira mu mubiri w’umuntu zinyuze mu ruhu cyangwa mu kirenge. Umuntu uzirwaye yituma kugasozi imvura yagwa igakwirakwiza ayo magi akazagera igihe akituraga akavamo utuyoka duto cyane (larvae) dutegereje kwinjira mu muntu.


Utu tuyoka dutegerereza kwinjira mu muntu turi mu butaka cyangwa mu byatsi. Utu tuyoka akenshi twinjira mu muntu binyuze mu kirenge cy’umuntu utambaye inkweto tukajya mu miyoboro y’amaraso tukerekeza mu bihaha tukahakurira umuntu yakorora tukajya mu ruhohogohogo maze umuntu akatumira nyuma yo gukorora ubwo tukagera mu mara dutyo ari naho ziturira zikanyunyuza umuntu. Izi nzoka ntizigombera kuba umuntu afite igisebe cyangwa igikomere ngi zibone aho zinjirira, ubwazo zitobora uruhu zikinjira.
Utunyabutabire karemano dutera imidido.
Utu ni utunyabutabire tuba mu butaka bw’ahantu ibirunga byigeze kuruka tugenda twinjira mu kirenge. Iyo umuntu amaze igihe kirekire akandagira ahantu hari utwo tunyabutabire nta nkweto yambaye tugenda twangiza utunyangingo tw’umubiri ku kirenge bigatuma ibirenge bigenda bibyimba gahoro gagoro kugeza ubwo umuntu agaragayeho indwara y’imidido.
Zimwe mu ngaruka z’inzoka zo mu nda
Kuruka
Impiswi
Kugira isesemi
Kuribwa mu nda
Kwishimagura
Kugira umuriro
Kubura amaraso
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima rigaragaza ko 30% by’abatuye isi isi banduye indwara y’inzoka zo mu nda, muri bo 50% babarizwa muri Africa yo munsi y’ubutayu bwa Sahara kandi bakaba bakunze kwandura inzoka zo mu nda zinjira zinyuze mu ruhu kurusha izinjira mu bundi buryo; mu gihe mu bihugu byateye imbere usanga bandura inzoka zinjira biturutse ku biribwa byanduye. Ikunze kugaragara kurusha izindi ikaba ari Giardia Lambria kuri 30% by’abazanduye bose mur ibyo bihugu.
Byateguwe na
NIZEYIMANA Fidele: Umukozi w'Ibitaro by'Akarere bya Muhororo ushinzwe isuku no kurinda ubwandu (hygiene and infections control.)

Uruzinduko rw' Intumwa za rubanda mu Karere ka Ngororero muri gahunda yo guteza imbere ibikorwa by'ubuhinzi n'ubworozi hagamijwe gukangurira abahinzi…
Itsinda ry'Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko riyobowe na Hon. Pie Mugabo batangiye uruzinduko rw'akazi mu Karere ka Ngororero.
Ku munsi wa mbere…
Umuyobozi w'Akarere Bwana NKUSI Christophe yakiriye Umuyobozi Mukuru w'Ikigo cy'Ihihugu cy'Indangamuntu (NIDA) Madamu Mukesha Josephine n'itsinda…
Mu Karere ka Ngororero ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 birakomeje.
Uyu munsi habaye ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32…
Ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Nyange habereye igikorwa cyo kwibuka IMIRYANGO YAZIMYE muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
…
Umuyobozi w'Akarere Bwana Nkusi Christophe yayoboye inama ya Komite y'Akarere ishinzwe imicungire y'ibiza / Distrct Disaster Management Committee…
Mu Bitaro by'akarere bya Kabaya habereye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hibukwa abaganga, abarwayi ndetse…
Umuyobozi w'Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Bwana UWIHOREYE Patrick yayoboye inama nyunguranabitekerezo yo kwakira umufatanyabikorwa…
Uyu munsi hizihijwe umunsi mpuzamahanga w'umuryango ufite insanganyamatsiko igira iti: "Ibiganiro byiza, ireme ry'umuryango."
Ibirori byabereye mu…